Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho wese, anashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ko ngo zafatanyije na AFC/M23 kugaba ibitero ku basirikare babwo.
Ni nyuma yuko mu bice bimwe byo muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hamaze iminsi habera imirwano ikomeye, yashojwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rugizwe na FARDC ifatanyijwe n’abarimo Igisirikare cy’u Burundi.
Ni ibitero byavuzwe kenshi n’Ihuriro AFC/M23 ribyamaganira kure, rinasaba u Burundi guhagarika ibi bikorwa bikomeje guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo, dore ko ibisasu byaraswaga muri biriya bice, ibyinshi byaturukaga mu Burundi, ndetse n’ibitero byo ku butaka bikagabwa n’igisirikare cy’u Burundi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard na we yagendeye mu murongo w’ikinyoma cya DRC, avuga ko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashwa n’ingabo z’u Rwanda, ndetse avuga ko bafatanyije kugaba ibitero ku basirikare b’u Burundi bafatanya na FARDC.
Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Burundi, yavuze ko ngo mbere y’amasezerano y’i Washington, u Rwanda rwohereje abasirikare ngo banyuze ku kirwa cya Idjwi.
Kuva cyera u Rwanda rwamaganye ibi birego by’ibinyoma ko nta bufatanye na buto buba hagati y’ingabo zarwo na AFC/M23 ndetse iri Huriro na ryo rikabishimangira.
Nanone kandi Ihuriro AFC/M23 ryo ryatangaje kenshi ko Ingabo z’u Burundi ari zo zinjiye mu mugambi wo gufatanya na Leta ya Kinshasa, wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC.
Abaturage b’Abanyekongo baherutse guhungira mu Rwanda bava mu bice birimo Kamanyola, bahamije ko ibisasu bariho baraswaho, byaturukaga i Burundi birashwe n’igisirikare cya kiriya Gihugu, ndetse bimwe bikaba byarahitanye inzirakarengane nyinshi.
Ku rundi ruhande kandi, Abarundi banyuranye, bakomeje kwamagana uburyo Igihugu cyabo kinjiye muri iyi ntambara, ndetse bamwe mu basirikare bacyo bakaba bakomeje gupfa umusubirizo bivuganwa na AFC/M23.
Hari amakuru avuga ko hari bamwe mu Barundi barimo n’abakomeye mu gisirikare, basaba ko Ingabo z’iki Gihugu ziri muri Congo zicyurwa vuba na bwangu ntizikomeze gushirirayo.
Minisitiri Bizimana yavuze ko u Burundi butazarebera igihe cyose ngo umutekano w’iki Gihugu waba wugarijwe cyangwa mu gihe abasirikare bacyo aho bari muri Congo baba bagabweho ibitero.
Ati “Ikintu cyose kizaza gihungabanya umutekano w’Abarundi, cyangwa gitera abasirikare bacu aho bari, ntituzabihanganira. Twebwe twabivuze nta ntambara dushaka, dushaka kubana n’abaturanyi neza, ariko uzatuvogera tuzamwivuna nta gisibya.”
Minisitiri Bizimana kandi yavuze ko u Burundi n’u Rwanda, hari inzira zo kuganira ngo nubwo zidafite imbaraga, kuko inzego z’ibi Bihugu byombi by’ibituranyi, ziziranye, kandi ko zikomeza kuvugana.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, yavuze ko iby’u Rwanda n’u Burundi, bikiri uko byari bimeze mu minsi yashize, ndetse n’imipaka igifunze, ariko ko u Rwanda amarembo afunguye, igihe cyose u Burundi buzaba bwifuza kuyifungura, no kuganira, rwiteguye.
RADIOTV10









