Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

radiotv10by radiotv10
17/09/2023
in FOOTBALL, IBYAMAMARE, SIPORO
0
“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Nyinawumuntu Grace agaruka ku buryo umukino wagenze

Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yanganyije n’iy’u Burundi igitego 1-1, mu mukino wa kabiri wa gicuti, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Uyu mukino wa kabiri wabaye nyuma y’umunsi umwe u Burundi butsinze u Rwanda igitego 1-0, mu mukino wa mbere wa gicuti.

Bitandukanye n’umukino wa mbere, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yari yashyizemo ikipe ye ya mbere.

U Rwanda rwatangiye neza cyane umukino ari nako rusatira ariko imipira kugera mu izamu bikaba ikibazo.

Ku munota wa munani, iyi kipe yongeye kuzamuka neza ariko Manizabayo Florence umupira awuteye umunyezamu w’u Burundi Nzeyimana Adidja awukuramo.

Iyi kipe yakomeje gukina neza mu minota 15 ya mbere ariko imipira yateraga imbere bashaka ba rutahizamu ikaba miremire ntibayishyikire.

Mu minota 20, u Burundi bwatangiye kwinjira mu mukino Bizimana Rukiya na Niyonkuru Sandrine batangira kwigaragaza.

Mu gihe iyi kipe yari yaryohewe no gusatira, u Rwanda rwazamukanye umupira neza baca mu rihumye abakinnyi b’inyuma Uwase Androscène atsinda igitego cya mbere ku munota wa 21.

U Burundi bwongeye gusatira bikomeye bushaka uko bwakwishyura igitego ariko imipira myinshi bateraga, umunyezamu Ndakimana Angeline akayikuramo.

Igice cya Mbere cyarangiye u Rwanda rwatsinze u Burundi igitego 1-0.

Ikipe y’Igihugu y’u Burundi yagarukanye imbaraga nyinshi mu gice cya kabiri ari nako ikora impinduka nyinshi ishaka igitego ariko biranga.

Ku munota wa 60, u Burundi bwahushije uburyo bw’igitego bukomeye, ku mupira kapiteni Asha Djafari yazamukanye neza agerageje gutera mu izamu, umunyezamu Ndakimana asohoka neza awukuramo.

Iyi kipe yakomeje kwiharira umupira ari nako yarushaga u Rwanda mu buryo bugaragara.

Ku munota wa 81 iyi kipe yongeye kuzamukana umupira neza cyane Suzane Zilfa yishyura igitego.

Mu minota ya nyuma y’umukino, u Rwanda rwongeye kujya hejuru mu mukino ariko kugera imbere y’izamu bikagorana byagaragaraga ko abakinnyi bari bananiwe.

Umukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1. Muri rusange iyi mikino yari iyi kwitegura iyo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.

Nyuma y’umukino, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore, Nyinawumuntu Grace yavuze ko u Burundi ari ikipe ikomeye bityo byari bigoye kuyitsinda.

Ati ” u Burundi ni ikipe nziza ikomeye yakinnye Igikombe cya Afurika umwaka umwaka ushize bitweretse ko natwe duteguye ikipe neza natwe twazajya mu Gikombe cya Afurika.”

Yakomeje avuga impamvu yakoze impinduka imwe, ibintu bitamenyerewe mu mukino wa gicuti.

Ati “Yego nakoze impinduka imwe kuko umukino wa mbere benshi muri aba nta wakinnye iminota 45. Rero muri uyu nifuzaga ko bamarana igihe bakamenyerana.”

Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, u Rwanda ruzakina na Ghana mu mukino uteganyijwe tariki 20 Nzeri 2023 saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium.

Radiotv10Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

Next Post

Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

Amakuru mpamo kuri 'Coup d’Etat' yavugwaga muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.