Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

radiotv10by radiotv10
17/09/2023
in FOOTBALL, IBYAMAMARE, SIPORO
0
“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Nyinawumuntu Grace agaruka ku buryo umukino wagenze

Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yanganyije n’iy’u Burundi igitego 1-1, mu mukino wa kabiri wa gicuti, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Uyu mukino wa kabiri wabaye nyuma y’umunsi umwe u Burundi butsinze u Rwanda igitego 1-0, mu mukino wa mbere wa gicuti.

Bitandukanye n’umukino wa mbere, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yari yashyizemo ikipe ye ya mbere.

U Rwanda rwatangiye neza cyane umukino ari nako rusatira ariko imipira kugera mu izamu bikaba ikibazo.

Ku munota wa munani, iyi kipe yongeye kuzamuka neza ariko Manizabayo Florence umupira awuteye umunyezamu w’u Burundi Nzeyimana Adidja awukuramo.

Iyi kipe yakomeje gukina neza mu minota 15 ya mbere ariko imipira yateraga imbere bashaka ba rutahizamu ikaba miremire ntibayishyikire.

Mu minota 20, u Burundi bwatangiye kwinjira mu mukino Bizimana Rukiya na Niyonkuru Sandrine batangira kwigaragaza.

Mu gihe iyi kipe yari yaryohewe no gusatira, u Rwanda rwazamukanye umupira neza baca mu rihumye abakinnyi b’inyuma Uwase Androscène atsinda igitego cya mbere ku munota wa 21.

U Burundi bwongeye gusatira bikomeye bushaka uko bwakwishyura igitego ariko imipira myinshi bateraga, umunyezamu Ndakimana Angeline akayikuramo.

Igice cya Mbere cyarangiye u Rwanda rwatsinze u Burundi igitego 1-0.

Ikipe y’Igihugu y’u Burundi yagarukanye imbaraga nyinshi mu gice cya kabiri ari nako ikora impinduka nyinshi ishaka igitego ariko biranga.

Ku munota wa 60, u Burundi bwahushije uburyo bw’igitego bukomeye, ku mupira kapiteni Asha Djafari yazamukanye neza agerageje gutera mu izamu, umunyezamu Ndakimana asohoka neza awukuramo.

Iyi kipe yakomeje kwiharira umupira ari nako yarushaga u Rwanda mu buryo bugaragara.

Ku munota wa 81 iyi kipe yongeye kuzamukana umupira neza cyane Suzane Zilfa yishyura igitego.

Mu minota ya nyuma y’umukino, u Rwanda rwongeye kujya hejuru mu mukino ariko kugera imbere y’izamu bikagorana byagaragaraga ko abakinnyi bari bananiwe.

Umukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1. Muri rusange iyi mikino yari iyi kwitegura iyo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.

Nyuma y’umukino, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore, Nyinawumuntu Grace yavuze ko u Burundi ari ikipe ikomeye bityo byari bigoye kuyitsinda.

Ati ” u Burundi ni ikipe nziza ikomeye yakinnye Igikombe cya Afurika umwaka umwaka ushize bitweretse ko natwe duteguye ikipe neza natwe twazajya mu Gikombe cya Afurika.”

Yakomeje avuga impamvu yakoze impinduka imwe, ibintu bitamenyerewe mu mukino wa gicuti.

Ati “Yego nakoze impinduka imwe kuko umukino wa mbere benshi muri aba nta wakinnye iminota 45. Rero muri uyu nifuzaga ko bamarana igihe bakamenyerana.”

Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, u Rwanda ruzakina na Ghana mu mukino uteganyijwe tariki 20 Nzeri 2023 saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium.

Radiotv10Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

Next Post

Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

Amakuru mpamo kuri 'Coup d’Etat' yavugwaga muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.