Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko rwe i New Delhi rwaranzwe no gusinya amasezerano mashya agamije guhindura imikoranire mu bya gisirikare, mu gihe America na yo ikomeje kongera igitutu ku mpande zombi.
Mu biganiro byamuhuje na Minisitiri w’Intebe w’U Buhinde, Narendra Modi, Putin yavuze ko Burusiya buzakomeza kuba umufatanyabikorwa wizewe mu gutanga peteroli, gaze n’amakara, nk’uko bikenewe mu iterambere ry’ubukungu bw’u Buhinde.
Yagize ati: “Twiteguye gukomeza kohereza ibicanwa mu Buhinde nta nkomyi mu gihugu nk’iki gifite ubukungu buri kwihuta.”
Aba bayobozi bombi banatangaje ko umubano wabo mu bya gisirikare uri guhindurwamo icyerekezo gishya, kirimo gukorera hamwe mu bushakashatsi, mu ikoranabuhanga no mu gukora ibikoresho by’intambara bigezweho, hagamijwe kongera kwigira k’U Buhinde mu bya gisirikare.
Uruzinduko rwa Putin ni rwo rwa mbere agiriye mu Buhinde kuva Uburusiya bwatangiza intambara yeruye muri Ukraine mu 2022. Rubaye kandi mu gihe U Buhinde bushaka koroherezwa ku misoro ikomeye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabushyiriyeho kubera kugura peteroli y’Uburusiya.
Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yashimye byimazeyo Perezida Putin k’ubudahemuka n’ubwitange akomeje kugaragariza U Buhinde. Yavuze ko ingufu zisubira ari inkingi ikomeye y’umubano w’ibihugu byombi. Gusa Bwana Modi ntiyakomoje ku ngingo yo kugura peteroli y’Uburusiya, yatumye Amerika ishyiraho umusoro wa 50% ku bicuruzwa byinshi biva muri iki gihugu bijya muri Amerika.
Ubwo yageraga mu Buhinde, Putin yakiriwe mu buryo budasanzwe muri Rashtrapati Bhavan, yakirwa n’Umukuru w’Igihugu Droupadi Murmu ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Narendra Modi mu muhango w’icyubahiro. Putin kandi yanashyize indabo ku rwibutso rwa Mahatma Gandhi i Raj Ghat, mbere yo gukomereza ibiganiro muri Hyderabad House, aho impande zombi zasinyiye amasezerano mashya y’ubufatanye.
Iyi nama yerekanye ubushake bwa Moscow bwo kongera kubaka umubano n’U Buhinde, n’ubwo hari igitutu gikomeje guturuka ku Burengerazuba, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Uburusiya burashaka kongerera imbaraga umubano wabwo n’U Buhinde, bufatwa nk’umuguzi mukuru w’intwaro zabwo. Impande zombi zihaye intego yo kongera ubucuruzi bukagera kuri miliyari 100 z’amadolari bitarenze 2030, buvuye kuri miliyari 68 z’amadolari zariho mu 2024.
Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10











