Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

radiotv10by radiotv10
06/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko rwe i New Delhi rwaranzwe no gusinya amasezerano mashya agamije guhindura imikoranire mu bya gisirikare, mu gihe America na yo ikomeje kongera igitutu ku mpande zombi.

Mu biganiro byamuhuje na Minisitiri w’Intebe w’U Buhinde, Narendra Modi, Putin yavuze ko  Burusiya buzakomeza kuba umufatanyabikorwa wizewe mu gutanga peteroli, gaze n’amakara, nk’uko bikenewe mu iterambere ry’ubukungu bw’u Buhinde.

Yagize ati: “Twiteguye gukomeza kohereza ibicanwa mu Buhinde nta nkomyi mu gihugu nk’iki gifite ubukungu buri kwihuta.”

Aba bayobozi bombi banatangaje ko umubano wabo mu bya gisirikare uri guhindurwamo icyerekezo gishya, kirimo gukorera hamwe mu bushakashatsi, mu ikoranabuhanga no mu gukora ibikoresho by’intambara bigezweho, hagamijwe kongera kwigira k’U Buhinde mu bya gisirikare.

Uruzinduko rwa Putin ni rwo rwa mbere agiriye mu Buhinde kuva Uburusiya bwatangiza intambara yeruye muri Ukraine mu 2022. Rubaye kandi mu gihe U Buhinde bushaka koroherezwa ku misoro ikomeye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabushyiriyeho kubera kugura peteroli y’Uburusiya.

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yashimye byimazeyo Perezida Putin k’ubudahemuka n’ubwitange akomeje kugaragariza U Buhinde. Yavuze ko ingufu zisubira ari inkingi ikomeye y’umubano w’ibihugu byombi. Gusa Bwana Modi ntiyakomoje ku ngingo yo kugura peteroli y’Uburusiya, yatumye Amerika ishyiraho umusoro wa 50% ku bicuruzwa byinshi biva muri iki gihugu bijya muri Amerika.

Ubwo yageraga mu Buhinde, Putin yakiriwe mu buryo budasanzwe muri Rashtrapati Bhavan, yakirwa n’Umukuru w’Igihugu Droupadi Murmu ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Narendra Modi mu muhango w’icyubahiro. Putin kandi yanashyize indabo ku rwibutso rwa Mahatma Gandhi i Raj Ghat, mbere yo gukomereza ibiganiro muri Hyderabad House, aho impande zombi zasinyiye amasezerano mashya y’ubufatanye.

Iyi nama yerekanye ubushake bwa Moscow bwo kongera kubaka umubano n’U Buhinde, n’ubwo hari igitutu gikomeje guturuka ku Burengerazuba, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uburusiya burashaka kongerera imbaraga umubano wabwo n’U Buhinde, bufatwa nk’umuguzi mukuru w’intwaro zabwo. Impande zombi zihaye intego yo kongera ubucuruzi bukagera kuri miliyari 100 z’amadolari bitarenze 2030, buvuye kuri miliyari 68 z’amadolari zariho mu 2024.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 6 =

Previous Post

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Next Post

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y'imyaka 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.