Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in SIPORO
0
U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Tennis, yatsinze Senegal ihita iyobora itsinda inabona itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya Billie Jean King Cup.

Iyi ni imikino yatangiye ku wa mbere w’iki cyumweru, aho ibihugu 12 bihuriye mu itsinda rya 4(Group IV), byahuriye mu Rwanda ngo byishakemo igihugu kimwe kizazamuka mu itsinda rya 3(Group III).

Ibyo bihugu 12, byagabanyijwe mu matsinda 3 muri Tombola yabaye ku cyumweru, buri tsinda ririmo ibihugu 4, maze buri gihugu kigakina n’ikindi bari mu itsinda rimwe.

U Rwanda rwari mu itsinda rimwe na Senegal, Ethiopia na Congo Brazaville. Imikino yose u Rwanda ruyisoje ruyitsinze, bivuze ko ruyoboye itsinda rwari ruherereyemo.

U Rwanda rugomba guhura n’ibindi bihugu biyoboye amatsinda yandi 2 ari byo Cameroun na Togo maze igihugu kizaba icya mbere, kikazatwara igikombe, kikanazamuka muri Group 3.

Uko ibihugu bikina, hakinwa imikino 3 irimo 2 ya Singles(aho abakinnyi bakina ari umwe umwe) ndetse na Doubles aho bakina ari babiri bahanganye n’abandi 2.

Mu mukino wa nyuma u Rwanda ruboneyeho itike rutsinze Senegal, Gisèle Umumararungu uhagarariye u Rwanda yari yabanje gukina maze atsindwa na Christel Fakhry wa Senegal, mu gihe umukino wa 2, Lia Kaishiki Mosimann wari uhagarariye u Rwanda yatsinze Lea Crosetti wa Senegal maze iba intsinzi imwe kuri imwe, bakiranurwa na Doubles(gukina ari babiri babiri).

Ikipe y’u Rwanda yongeye guhitamo Lia Kaishiki Mosimann akinana na Olive TUYISENGE mu gihe Senegal yakinishije Lea Crosetti akinana na Christel Fakhry.
U Rwanda rwabatsinze amaseti 2-1, bisabye icyo twakwita nka kamarampaka(Tiebreak).

Kuri uyu wa 4 saa yine za mu gitondo, U Rwanda ruzakina na Togo hanyuma rozongere ku wa 6 rukina na Cameroun, imikino yose ikaba iri kubera muri IPRC KIGALI.

Imikino nk’iyi y’umwaka ushize, U Rwanda rwari rwabaye urwa 5 mu bihugu 10 byari byitabiriye, Algérie ikaba ari yo yabaye iya mbere ihita inazamukamuri Group 3.

LIA KAISHIKI MOSIMANN UKINIRA U RWANDA
LIA KAISHIKI NA OLIVE TUYISENGE BAKINANYE ARI BABIRI(DOUBLES)
LEA CROSETTI NA CHRISTEL FAKHRY BA SENEGAL

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + twenty =

Previous Post

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Next Post

Mental Health in 2025: What’s happening and why it matters

Related Posts

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
06/08/2025
0

Umutoza Mashami Vincent watozaga ikipe ya Police FC wanigeze gutoza Ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangajwe nk’Umutoza Mukuru wa Dodoma Jiji FC...

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

by radiotv10
05/08/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro wayo Youssou Diagne umwenda w'amadollari 1500 (miliyoni 2 Frw) yari imufitiye, inamuhamagaza mu...

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

by radiotv10
05/08/2025
1

Seninga Innocent wari uherutse gusubizwa mu nshingano n’ikipe ya Etincelles FC yari yarigeze gutoza ikaza kumuhagarika, yasezeye rugikubita, ashinja ubuyobozi...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mental Health in 2025: What’s happening and why it matters

Mental Health in 2025: What’s happening and why it matters

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.