Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF

radiotv10by radiotv10
16/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu basirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakoze igisa nk’igitero, cyatumye bakozanyaho na RDF ku mupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda i Rusizi, Guverinoma y’u Rwanda irahumuriza Abaturarwanda ko nta ntambara “yeruye ihari” ahubwo ko ibi byakozwe na FARDC ari ubushotoranyi bwakunze gukorwa na Congo yifuza gushora u Rwanda mu ntambara.

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Gashyantare 2023, itsinda ry’abasirikare ba FARDC babarirwa hagati ya 12 na 14 binjiye mu gice cy’ubutaka budafite Igihugu bubarizwamo hagati y’u Rwanda na DRC, barasa ku gice cy’u Rwanda.

Ibi byatumye ingabo z’u Rwanda na zo zisubiza FARDC, habaho kurasana kwakurikiwe no kuba abo basirikare ba FARDC barahise bahindukira bagasubira mu Gihugu cyabo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje iby’uku kurasana hagati ya RDF na FARDC, bwasabye ko hakorwa iperereza kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi bidasiba gukorwa n’igisirikare cya Congo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yahumurije Abanyarwanda ko nubwo habayeho iki gikorwa ariko umutekano w’u Rwanda ugihagaze bwuma, bityo ko nta muntu ukwiye gutekereza ko intamba yakunze kuvugwa na Congo Kinshasa yaba yaratangiye.

Yagize ati “Nta ntambara yeruye ihari. Mbere na mbere u Rwanda nta ntambara rushaka, rwarabivuze ruzabisubiramo, rwemera ko iki kibazo kizakemuka mu nzira z’imishyikirano.”

Akomeza asubiramo ibyakunze kuvugwa n’u Rwanda ko “Niba rutewe ruzitabara, niba rushowe mu ntambara, ruzayirwana, niba rushotowe ni ibindi. Biriya rero ni ubushotoranyi bukomeje bwa Guverinoma ya Congo, bigaragaza ko idashaka ko iki kibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo kibonerwa umuti.”

Alain Mukuralinda avuga ko ubu bushake bucye bukomeje kugaragazwa na Guverinoma ya Congo, idahwema no kubugaragariza mu myitwarire yayo yo kwanga gushyira mu bikorwa ibyo yagiye isabwa byose.

Ati “Niba rero ntabyo ikoze, ikabona ntagihinduka, iragerageza kongera gushotora kuko kohereza abasirikare bagera muri cumi na bangahe nubwo bari muri zone itagira nyirayo ariko barashe berecyeza mu Rwanda. Ibyo rero ni ubushotoranyi nkuko mwabibonye kuri za ndege zazaga zikarenga inkiko z’u Rwanda zikinjira mu Rwanda, ni ubushotoranyi ku bisasu mwabonye mu mezi atandatu barasa mu Rwanda.”

Avuga ko ubu bushotoranyi bwose bukorwa na Guverinoma ya Congo bugamije gushora u Rwanda mu mirwano kugira ngo babone uruvugiro rw’ibirego by’ibinyoma bakunze kurushinja ko rufasha M23, ko ruteza umutekano mucye muri Congo n’ibindi byinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − twelve =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Next Post

Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.