Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF

radiotv10by radiotv10
16/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu basirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakoze igisa nk’igitero, cyatumye bakozanyaho na RDF ku mupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda i Rusizi, Guverinoma y’u Rwanda irahumuriza Abaturarwanda ko nta ntambara “yeruye ihari” ahubwo ko ibi byakozwe na FARDC ari ubushotoranyi bwakunze gukorwa na Congo yifuza gushora u Rwanda mu ntambara.

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Gashyantare 2023, itsinda ry’abasirikare ba FARDC babarirwa hagati ya 12 na 14 binjiye mu gice cy’ubutaka budafite Igihugu bubarizwamo hagati y’u Rwanda na DRC, barasa ku gice cy’u Rwanda.

Ibi byatumye ingabo z’u Rwanda na zo zisubiza FARDC, habaho kurasana kwakurikiwe no kuba abo basirikare ba FARDC barahise bahindukira bagasubira mu Gihugu cyabo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje iby’uku kurasana hagati ya RDF na FARDC, bwasabye ko hakorwa iperereza kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi bidasiba gukorwa n’igisirikare cya Congo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yahumurije Abanyarwanda ko nubwo habayeho iki gikorwa ariko umutekano w’u Rwanda ugihagaze bwuma, bityo ko nta muntu ukwiye gutekereza ko intamba yakunze kuvugwa na Congo Kinshasa yaba yaratangiye.

Yagize ati “Nta ntambara yeruye ihari. Mbere na mbere u Rwanda nta ntambara rushaka, rwarabivuze ruzabisubiramo, rwemera ko iki kibazo kizakemuka mu nzira z’imishyikirano.”

Akomeza asubiramo ibyakunze kuvugwa n’u Rwanda ko “Niba rutewe ruzitabara, niba rushowe mu ntambara, ruzayirwana, niba rushotowe ni ibindi. Biriya rero ni ubushotoranyi bukomeje bwa Guverinoma ya Congo, bigaragaza ko idashaka ko iki kibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo kibonerwa umuti.”

Alain Mukuralinda avuga ko ubu bushake bucye bukomeje kugaragazwa na Guverinoma ya Congo, idahwema no kubugaragariza mu myitwarire yayo yo kwanga gushyira mu bikorwa ibyo yagiye isabwa byose.

Ati “Niba rero ntabyo ikoze, ikabona ntagihinduka, iragerageza kongera gushotora kuko kohereza abasirikare bagera muri cumi na bangahe nubwo bari muri zone itagira nyirayo ariko barashe berecyeza mu Rwanda. Ibyo rero ni ubushotoranyi nkuko mwabibonye kuri za ndege zazaga zikarenga inkiko z’u Rwanda zikinjira mu Rwanda, ni ubushotoranyi ku bisasu mwabonye mu mezi atandatu barasa mu Rwanda.”

Avuga ko ubu bushotoranyi bwose bukorwa na Guverinoma ya Congo bugamije gushora u Rwanda mu mirwano kugira ngo babone uruvugiro rw’ibirego by’ibinyoma bakunze kurushinja ko rufasha M23, ko ruteza umutekano mucye muri Congo n’ibindi byinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Next Post

Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.