Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibirego bya Leta y’u Burundi yashinje iki Gihugu cy’igituranyi ko kiri inyuma y’igitero cy’ibisasu bya Grenade byaturikiye i Bujumbura, ivuga ko ntaho u Rwanda ruhuriye na byo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, nyuma y’umunsi umwe habaye ibi bitero byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2024.

Muri iri tangazo rifite umutwe ugira uti “U Burundi ntibugomba kuzana u Rwanda mu bibazo byabwo by’imbere mu Gihugu”, Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko “bigaragara ko hari ikitagenda gikomeje gutuma u Burundi na Guverinoma yabwo ishinja u Rwanda iturika rya Grenade riheruka kubera i Bujumbura.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko umwuka uri hagati yarwo n’u Burundi, ntaho uhuriye n’ibi bitero bya grenade, ndetse ko u Rwanda nta mpamvu n’imwe rwabigiramo uruhare.

Iti “U Burundi bufitanye ikibazo n’u Rwanda, ariko twe ntakibazo dufitanye n’u Burundi. Turasaba u Burundi gukemura ibibazo byabwo biri imbere ariko bukirinda kuzana u Rwanda muri ibi bidafite ishingiro.”

Iri turika rya za grenade ryabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, ryabereye ahantu habiri, harimo iyaturikiye ahasanzwe hahagarara imodoka mu mujyi wa Bujumbura, ndetse n’indi yaturitse nyuma hafi y’ikigo cya Polisi ishinzwe gucungira umutekano inzego mu Burundi, giherere mu Ngagara.

Nyuma y’iri turika, Perezida Evariste Ndayishimiye yari yihanganishije abakomerekeye muri ibi bitero yise iby’iterabwoba, ndetse aboneraho kumenyesha Abarundi ko abari inyuma yabyo, bazafatwa bagakanirwa urubakwiye.

Si ubwa mbere u Burundi bushinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, dore ko ari na byo ntandaro y’umwuka mubi uri mu mubano w’Ibihugu byombi wanatumye u Burundi bufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda kuva mu ntangiro z’uyu mwaka muri Mutarama 2024.

Ibi byabaye nyuma y’igitero cyagabwe n’umutwe RED-Tabara mu mpera z’umwaka ushize, cyakurikiwe n’ibirego u Burundi bwongeye gushinja u Rwanda, ndetse Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye akaba yari yahise aca amarenga ko imipaka ihuza Igihugu cye n’u Rwanda yakongera igafungwa.

U Rwanda rwahise rwamagana ibi birego, ruvuga ko ntaho ruhuriye n’uyu mutwe w’Abarundi usanzwe ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse uyu mutwe na wo ukaba warahise wigamba icyo gitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + twelve =

Previous Post

Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko

Next Post

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.