Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibirego bya Leta y’u Burundi yashinje iki Gihugu cy’igituranyi ko kiri inyuma y’igitero cy’ibisasu bya Grenade byaturikiye i Bujumbura, ivuga ko ntaho u Rwanda ruhuriye na byo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, nyuma y’umunsi umwe habaye ibi bitero byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2024.

Muri iri tangazo rifite umutwe ugira uti “U Burundi ntibugomba kuzana u Rwanda mu bibazo byabwo by’imbere mu Gihugu”, Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko “bigaragara ko hari ikitagenda gikomeje gutuma u Burundi na Guverinoma yabwo ishinja u Rwanda iturika rya Grenade riheruka kubera i Bujumbura.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko umwuka uri hagati yarwo n’u Burundi, ntaho uhuriye n’ibi bitero bya grenade, ndetse ko u Rwanda nta mpamvu n’imwe rwabigiramo uruhare.

Iti “U Burundi bufitanye ikibazo n’u Rwanda, ariko twe ntakibazo dufitanye n’u Burundi. Turasaba u Burundi gukemura ibibazo byabwo biri imbere ariko bukirinda kuzana u Rwanda muri ibi bidafite ishingiro.”

Iri turika rya za grenade ryabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, ryabereye ahantu habiri, harimo iyaturikiye ahasanzwe hahagarara imodoka mu mujyi wa Bujumbura, ndetse n’indi yaturitse nyuma hafi y’ikigo cya Polisi ishinzwe gucungira umutekano inzego mu Burundi, giherere mu Ngagara.

Nyuma y’iri turika, Perezida Evariste Ndayishimiye yari yihanganishije abakomerekeye muri ibi bitero yise iby’iterabwoba, ndetse aboneraho kumenyesha Abarundi ko abari inyuma yabyo, bazafatwa bagakanirwa urubakwiye.

Si ubwa mbere u Burundi bushinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, dore ko ari na byo ntandaro y’umwuka mubi uri mu mubano w’Ibihugu byombi wanatumye u Burundi bufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda kuva mu ntangiro z’uyu mwaka muri Mutarama 2024.

Ibi byabaye nyuma y’igitero cyagabwe n’umutwe RED-Tabara mu mpera z’umwaka ushize, cyakurikiwe n’ibirego u Burundi bwongeye gushinja u Rwanda, ndetse Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye akaba yari yahise aca amarenga ko imipaka ihuza Igihugu cye n’u Rwanda yakongera igafungwa.

U Rwanda rwahise rwamagana ibi birego, ruvuga ko ntaho ruhuriye n’uyu mutwe w’Abarundi usanzwe ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse uyu mutwe na wo ukaba warahise wigamba icyo gitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko

Next Post

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.