Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’imikoranire hagati yayo na Atlético de Madrid yo muri Espange binyuze mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere muri gahunda ya Visit Rwanda, isanzwe inamamazwa n’andi makipe atatu na yo akomeye ku Mugabane w’u Burayi.

Isinywa ry’aya masezerano, ryatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, nk’uko tubikesha Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

RDB ivuga ko “Visit Rwanda ibaye umufatanyabikorwa wa mbere wo ku Mugabane wa Afurika na Atlético de Madrid”, igaruka ku bigwi by’iyi kipe imaze kwegukana ibikombe 11 bya Shampiyona ya Espagne-La Liga.

Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru wa RDB yavuze ko kuba u Rwanda rwinjiye mu mikoranire n’iyi kipe ya Atlético de Madrid bishimangira intego y’u Rwanda mu kuba nyambere mu ishoramari, ubukerarugendo ndetse no muri Siporo.

Ati “Indangagaciro z’iyi kipe zo kwigira, ikinyabupfura ndetse no kuba indashyikirwa, biri mu murongo w’Igihugu cy’u Rwanda mu rugendo rw’iterambere. Binyuze muri iyi mikoranire, tuzabasha kwerekana u Rwanda nk’ahantu heza hakurura abashoramari, habereye abifuza gutembera Isi, ndetse n’urubuga rwiza rwo guteza imbere impano no kwagura amahirwe y’urubyiruko rwa Afurika binyuze muri Siporo.”

Uretse kuba aya masezerano agamije gukomeza guha imbaraga gahunda yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, buzanagira uruhare mu gukurura abavuga ururimi rw’Ikinya-Espagne, mu bikorwa by’ishoramari, iby’ubukerarugendo ndetse n’ibikorwa mberamuco.

Uretse kuba aya masezerano agamije gukomeza guha imbaraga gahunda yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, buzanagira uruhare mu gukurura abavuga ururimi rw’Ikinya-Espagne, mu bikorwa by’ishoramari, iby’ubukerarugendo ndetse n’ibikorwa mberamuco.

Aya masezerano, ku ikubitiro azamara imyaka itatu, aho igice cya mbere cyayo kizageza tariki 30 Kamena 2028, aho ikipe ya Atlético de Madrid y’abagabo, izajya yambara ‘Visit Rwanda’ ku myambaro bakoresha mu myitozo ndetse no mu mikino itanu ya Shampiyona LaLiga, kimwe no mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs.

Nanone kandi guhera mu mwaka utaha w’imikino ‘Visit Rwanda’ izajya igaragara ku myambaro y’abakinnyi b’ikipe y’abagore ya Atlético de Madrid, mu gihe cy’imyitozo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 11 =

Previous Post

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Next Post

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.