Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kagiye guterana mu nama yiga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, avuga ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe ari i New York, aho aza gutanga ubutumwa mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro uyu munsi saa kumi ku isaha yo mu Rwanda.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, ikomeza ivuga ko iyi nama iza kugaruka ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri aka gace (MONUSCO).

Iyi Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, gateranye nyuma y’iminsi ibiri Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC bakoze inama na yo yigaga ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro inyuranye irimo ishyirwaho ry’abahuza mu gushaka umuti w’ibi bibazo, ari bo Olusegun Obasanjo wigeze kuba Perezida wa Nigeria, Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Kgalema Motlante wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, Catherine Samba Panza wabaye Perezida wa Repubulika ya Centrafrique na Sahle-Work Zewde wigeze kuba Perezida wa Ethiopia.

Muri iyi nama kandi, Abakuru b’Ibihugu basabye abayoboye iyi Miryango (EAC na SADC) gutegura ikiganiro mu gihe kitarenze iminsi irindwi, bakaganira n’aba bahuza.

Umuryango w’Abibumbye ugiye kongera kuganira kuri iki kibazo, wakunze gushimangira ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, bigomba gushakirwa umuti binyuze mu biganiro bya Politiki, ari na byo bishyizwe imbere n’iyi Miryango yombi yo ku Mugabane wa Afurika, DRC ibereye Umunyamuryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 17 =

Previous Post

U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

Next Post

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Related Posts

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

by radiotv10
15/05/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 14 bakekwaho ubujura bwa telefone, zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, runasubiza telefone 332 ba...

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

by radiotv10
15/05/2025
0

Mu rubanza ruregwamo umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kumuhamya ibyaha akurikiranyweho birimo ivangura, rukamukatira gufungwa...

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

by radiotv10
15/05/2025
0

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye...

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

IZIHERUKA

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo
FOOTBALL

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

by radiotv10
15/05/2025
0

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

15/05/2025
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

15/05/2025
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

15/05/2025
Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

15/05/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

15/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.