Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

radiotv10by radiotv10
29/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

Share on FacebookShare on Twitter

Leta Rwanda yohereje abasirikare 150 n’abapolisi 36 mu myitozo ya gisirikare y’Ingabo n’abandi bemerewe gukoresha intwaro mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), irimo kubera i Jinja muri Uganda.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko iyo myitozo yo ku kibuga (Field Training Exercises/FTX) yiswe “Ushirikiano Imara 2022” irimo gukorwa ku nsanganyamatsiko igira iti: “Kwimakaza Amahoro, Umutekano n’Ituze mu guharanira ukwihuza k’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba.”

Maj Gen Wilson Gumisiriza, Umuyobozi w’Ishami rya Gisirikare rishinzwe Intwaro zigezweho n’Imodoka z’Intambara muri RDF, yibukije abasirikare ba RDF kwimakaza indangagaciro za RDF aho bagiye zirimo gukunda igihugu, ubutwari, kwihesha agaciro ndetse n’ubunyangamugayo, kandi ntibatezuke ku kinyabupfura mu gihe cyose cy’imyitozo.

Iyi myitozo y’ibyumweru bibiri yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu bitandatu bigize Umuryango wa EAC ari byo u Burundi, Kenya, u Rwanda, Sudani y’Epfo, Tanzania na Uganda.

Ubunyamabanga Bukuru  bwa  EAC buvuga ko iyo myitozo itegurwa ikanashyirwa mu bikorwa hakurikijwe ingingo ya kabiri y’Amasezerano ya EAC arebana n’ubutwererane mu bya gisirikare.

Abahabwa imyitozo ni abasirikare, abapolisi n’abasivili n’abandi bafatanyabikorwa mu bijyanye no gutegurira hamwe ubutumwa, ibikorwa byo kubungabunga amahoro, guhugurwa ku buryo bwo gukumira no kurwanya ibiza, guhangana n’iterabwoba ndetse n’ubujura bw’uburyo bwose.

Iyo myitozo izakorwa hagamijwe kurushaho kubaka ubushobozi bw’ingabo zo mu Karere by’umwihariko mu bijyanye n’ubufatanye bwo guhangana n’ibibazo by’umutekano muke bikigaragara muri EAC.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC Hon. (Dr) Peter Mathuki, yavuze ko ibihugu byose bigize EAC byari byemeje ko bizitabira iyo myitozo i Jinja.

Dr. Mathuki yavuze ko umuhango wo gufungura ku mugaragaro iyo myitozo biteganyijwe ko uzaba taliki ya 3 Kamena, mu gihe uwo gusoza iyo myitozo uzaba ku ya 10 Kamena, ukazitabirwa n’abanyacyubahiro batandukanye bo mu Karere.

Imyitozo yaherukaga y’ubu bwoko yaherukaga kubera i Tanga, Akarere ka Muheza muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania mu kwezi k’Ugushyingo 2018.

Iyo myitozo iheruka yitabiriwe n’abasirikare ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo mu nzego zitandukanye nka Polisi, Inzego zishinzwe amagereza, izishinzwe abinjira n’abasohoka, inzego z’iperereza, izishinzwe kurwanya iterabwoba, izishinzwe ububanyi n’amahanga, abahagarariye inzego z’ubuzima, izishinzwe iterambere ry’umuryango n’abahagarariye Umuryango Utabara Imbabare (Croix Rouge).

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − one =

Previous Post

Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique – AMAFOTO

Next Post

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

Related Posts

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

IZIHERUKA

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye
BASKETBALL

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.