Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

radiotv10by radiotv10
29/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

U Rwanda rwohereje Ingabo mu myitozo muri Uganda

Share on FacebookShare on Twitter

Leta Rwanda yohereje abasirikare 150 n’abapolisi 36 mu myitozo ya gisirikare y’Ingabo n’abandi bemerewe gukoresha intwaro mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), irimo kubera i Jinja muri Uganda.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko iyo myitozo yo ku kibuga (Field Training Exercises/FTX) yiswe “Ushirikiano Imara 2022” irimo gukorwa ku nsanganyamatsiko igira iti: “Kwimakaza Amahoro, Umutekano n’Ituze mu guharanira ukwihuza k’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba.”

Maj Gen Wilson Gumisiriza, Umuyobozi w’Ishami rya Gisirikare rishinzwe Intwaro zigezweho n’Imodoka z’Intambara muri RDF, yibukije abasirikare ba RDF kwimakaza indangagaciro za RDF aho bagiye zirimo gukunda igihugu, ubutwari, kwihesha agaciro ndetse n’ubunyangamugayo, kandi ntibatezuke ku kinyabupfura mu gihe cyose cy’imyitozo.

Iyi myitozo y’ibyumweru bibiri yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu bitandatu bigize Umuryango wa EAC ari byo u Burundi, Kenya, u Rwanda, Sudani y’Epfo, Tanzania na Uganda.

Ubunyamabanga Bukuru  bwa  EAC buvuga ko iyo myitozo itegurwa ikanashyirwa mu bikorwa hakurikijwe ingingo ya kabiri y’Amasezerano ya EAC arebana n’ubutwererane mu bya gisirikare.

Abahabwa imyitozo ni abasirikare, abapolisi n’abasivili n’abandi bafatanyabikorwa mu bijyanye no gutegurira hamwe ubutumwa, ibikorwa byo kubungabunga amahoro, guhugurwa ku buryo bwo gukumira no kurwanya ibiza, guhangana n’iterabwoba ndetse n’ubujura bw’uburyo bwose.

Iyo myitozo izakorwa hagamijwe kurushaho kubaka ubushobozi bw’ingabo zo mu Karere by’umwihariko mu bijyanye n’ubufatanye bwo guhangana n’ibibazo by’umutekano muke bikigaragara muri EAC.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC Hon. (Dr) Peter Mathuki, yavuze ko ibihugu byose bigize EAC byari byemeje ko bizitabira iyo myitozo i Jinja.

Dr. Mathuki yavuze ko umuhango wo gufungura ku mugaragaro iyo myitozo biteganyijwe ko uzaba taliki ya 3 Kamena, mu gihe uwo gusoza iyo myitozo uzaba ku ya 10 Kamena, ukazitabirwa n’abanyacyubahiro batandukanye bo mu Karere.

Imyitozo yaherukaga y’ubu bwoko yaherukaga kubera i Tanga, Akarere ka Muheza muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania mu kwezi k’Ugushyingo 2018.

Iyo myitozo iheruka yitabiriwe n’abasirikare ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo mu nzego zitandukanye nka Polisi, Inzego zishinzwe amagereza, izishinzwe abinjira n’abasohoka, inzego z’iperereza, izishinzwe kurwanya iterabwoba, izishinzwe ububanyi n’amahanga, abahagarariye inzego z’ubuzima, izishinzwe iterambere ry’umuryango n’abahagarariye Umuryango Utabara Imbabare (Croix Rouge).

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + sixteen =

Previous Post

Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique – AMAFOTO

Next Post

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.