Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Byari ibyishimo by’igisagirane ku banyeshuri 75 basoje amasomo yabo muri Kaminuza y’Ubuhinzi ya RICA, aho umunezero waje wiyongera ku wundi kubera iyi ntambwe ishimishije bateye, no kubana na Perezida Paul Kagame muri uyu muhango.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, mu Karere ka Bugesera ahaherereye iri shuri rikuru ryigisha amasomo y’Ubuhinzi bujyanye n’igihe butangiza ikirere.

Perezida Paul Kagame wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango wo guha impamyabumenyi aba banyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza, aho yanazishyikirije bamwe muri bo.

Ku banyeshuri basoje amasomo muri iyi kaminuza, byari ibyishimo byiyongere ku bindi, kuko uretse kuba bateye intambwe ishimishije, banashimishijwe no kuba uyu muhango witabiriwe n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame.

Ubwo hakorwaga igikorwa cyo gushyikiriza impamyabumenyi aba banyeshuri, Perezida Kagame na we yazishyikirije bamwe muri bo bagize amanota ahiga abandi uko ari bane, bishimiye cyane guhabwa impamyabumenyi n’Umukuru w’u Rwanda.

Ifoto imwe yanyuze benshi, ni iy’umunyeshuri umwe witwa Ireba Ada wagaragaje ibyishimo byinshi ubwo yashyikirizwaga impamyabumenyi na Perezida Kagame, akubura amaso akamureba mu maso, agaragaza ko abyishimiye.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yashyikirizaga impamyabumenyi uyu munyeshuri, mu mashusho, bigaragara ko yamubwiye ati “Congratulations [amahirwe masa]” Umunyeshuri agahita yubura amaso, akamusubiza yishimye aseka, agira ati “Thank you [Murakoze].”

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri iyi foto, bavuze ko isobanuye byinshi, ko umuntu wese ugize amahirwe yo guhagararana na Perezida Kagame no kumusuhuza, aba ari ibyishimo bikomeye, nk’uko byagaragajwe n’uyu munyeshuri.

Ada yishimiye gushyikirizwa impamyabumenyi na Perezida Paul Kagame

Perezida Kagame yari umushyitsi mukuru muri uyu muhango
Abanyeshuri bishimiye kubana na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yirukanye abayobozi 10 barimo abazize ibinyuranyije n’ihame-ngenga ry’Abanyarwanda

Next Post

Uwafatiwe mu manyanga mu kizamini cya ‘Provisoire’ yameneye Polisi ibanga ry’icyabimuteye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwafatiwe mu manyanga mu kizamini cya ‘Provisoire’ yameneye Polisi ibanga ry’icyabimuteye

Uwafatiwe mu manyanga mu kizamini cya ‘Provisoire’ yameneye Polisi ibanga ry’icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.