Abana babiri bakomoka mu Burundi bari bagiye gushakira imibereho muri Tanzania, bavuze ko hari bagenzi babo 13 bafunzwe nyuma yuko basabye ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye mu bikorwa by’ubuhinzi bw’itabi.
Abana 13 bakomoka mu Burundi bafungiwe muri Tanzania mu gihe cy’amezi atatu, bari hagati y’imyaka 12 na 18, aho bafungiwe muri gereza ya Nyamisivya iherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania.
Ikinyamakuru SOS Médias Burundi cyakiriye ubuhamya bw’abana babiri babashije gucika iryo fungwa ryakorewe bagenzi babo muri Tanzania, cyatangaje ko aba bana bavuga uko byabagendekeye.
Umwe muri aba bana, yavuze ko yabashije gucika abari baje kubafata mu ijoro, aho bari bitwaje inkoni ubwo bazaga kubafata.
Yagize ati “Baje baratugota badushinja guteza akaduruvayo kuko twariho dusaba imishahara yacu. Babanje gusubirayo, nyuma bagarukana n’abapolisi. Njyewe nagize amahirwe kuko nari ndi mu bwiherero. Narihishe. Bucyeye bwaho nabashije gutaha mu Burundi.”
Undi we yabashije gusubira mu Burundi mbere ho umunsi umwe yuko bagenzi be bafatwa tariki 05 Gicurasi 2025, na we yavuze akarengane yakorewe muri Tanzania ko kuba yarambuwe amafaranga yakorewe, akaza kubona uburyo asubira iwabo mu Burundi.
Yagize ati “Nari maze amezi 18 nkora, muri yo 12 nta mushahara nigeze mbona. Uwankoresheje ku nshuro ya kabiri yangiriye impuhwe, aha amafaranga abantu ngo banyambutse rwihishwa.”
Aba bana bari bavuye mu Burundi ari 15 bagiye gushakira imibereho muri Tanzania, ariko babiri muri bo bakaba barashoboye kugaruka, mu gihe abandi 13 bose bafashwe.
SOS Médias Burundi ivuga kandi ko ikibazo nk’iki cyagiye kiba ku bandi Barundi benshi, kuko mu mwaka ushize hari ababarirwa muri Magana bagiye bafatirwa muri Tanzania nyuma yo gusaba ko bahembwa amafaranga babaga bakoreye, cyangwa ubwo babaga bari gutaha mu Gihugu cyabo.
Iki kinyamakuru kivuga ko bamwe muri abo Barundi bagiye bafatwa n’amatsinda y’abitwaje intwaro ashamikiye ku ishyaka riri ku Butegetsi muri Tanzania.
RADIOTV10