Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubujurire bwa CG (Rtd) Gasana wifuzaga gufungurwa bwateshejwe agaciro

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
CG (Rtd) Gasana agiye kugaruka imbere y’Urukiko nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, wari wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, yagumishirijweho iki cyemezo.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana uregwa ibyaha birimo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare tariki 15 Ugushyingo 2023.

Uyu wahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba ari na zo nshingano aherukamo, yari yajuririye iki cyemezo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare.

Mu bujurire bwe, CG Gasana yavugaga ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere rwirengagije impamvu yarugaragarije asaba kurekurwa agakurikirana ari hanze, aho yavugaga ko adashobora kubangamira iperereza nk’uko byatangajwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwo bwakomeje kuvuga ko aramutse arekuwe nk’umuntu wayoboye inzego zikomeye nka Polisi y’u Rwanda yahoranye inshingano zo gukora iperereza, yakoresha ubwo bubasha yahoranye akaba yaribangamira.

Uregwa kandi yongeye kubwira Urukiko ko afite uburwayi bukomeye ku buryo akwiye kurekurwa kugira ngo ajye abasha gukurikiranwa n’abaganga.

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare, rwasomye icyemezo cyarwo, ruvuga ko impamvu zashingiweho n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare zifite ishingiro.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare rwavuze kandi ko ibyaha bikekwa k’uregwa bikomeye kuko bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri, ndetse n’impamvu yatanze zikaba zidafite ishingiro, bityo ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

CG (Rtd) Gasana watawe muri yombi tariki 25 Ukwakira 2023 nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yari amaze kumukura ku nshingano zo kuba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, n’icyaha cyo gusaba cyangwa kwakire indonke.

Ni ibyaha bishingiye ku mushoramari wari watsindiye isoko ryo gusakaza amazi mu bice binyuranye mu Turere tumwe two mu Ntara y’Ibusirazuba, aho bikekwa ko yakoreshejwe n’uyu wahoze ari Guverineri, akamushyirira imashini zuhira mu murima we, mu bikorwa bifite agaciro ka Miliyoni 48 Frw.

Uregwa yemera ko ibyo bikorwa byabayeho, ariko ko byari mu gikorwa cyo kugerageza imishinga yo kuhira imyaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − ten =

Previous Post

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Next Post

Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

Related Posts

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

by radiotv10
09/06/2025
0

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

09/06/2025
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

07/06/2025
Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.