• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha

radiotv10by radiotv10
28/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Umunya-Uganda Joackim Ojera ukina mu busatirizi, akaba azwiho umwihariko wo kunyaruka ku buryo iyo afashe umupira feri ya mbere ari imbere y’izamu y’ikipe baba bahanganye.

Joackim Ojera yaje muri Rayon Sports nyuma yo kuba nta kipe yari afite dore ko yari yatandukanye Uganda Revenue Authority (URA) yakiniye mu gihe cy’Imyaka ine n’igice.

Uyu kandi, yakiniye Ikipe y’Igihugu ya Uganda Cranes mu mikino ya CHAN 2020, yabereye muri Cameroon.

Ojera kandi ari hamwe na URA yakinnye amarushanwa ya Confederation Cup ubwo bakinaga na Ethiopian yo mu Misiri kwa Farawo.

Ibi kandi, bikaba byahamijwe n’Ikipe ya Rayon Sports mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, aho bagize bati “Joackim Ojera ubu ni umukinnyi wa Rayon Sports.”

Ojera Joackim aje asanga Umunya-Uganda mwenewabo Mussa Esenu, bikaba byitezwe ko Ojera azafasha Rayon Sports imbere mu busatirizi bwayo binyuze mu bunararibonye asanganywe.

Aje kandi asanga ubusatirizi bw’iyi kipe budadiye dore ko iyi kipe ifite ba rutahizamu bakomeye barimo Willy Essomba Onana ufite ubuhanga bwihariye muri shampiyona y’u Rwanda.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Kisakye Eria says:
    3 years ago

    Kyamuwendo nnyo ffe ngabawagizi ba rayon

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seventeen =

Previous Post

Isomo ku bakobwa babenga ababafashije: Ibyabaye ku wipakuruye uwo yari yemereye kuzamubera umugore biratangaje

Next Post

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.