Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho

radiotv10by radiotv10
02/09/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezerera ku mugaragaro abasirikare bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo General Fred Ibingira, na General James Kabarebe, uyu mujyanama wa Perezida wavuze mu izina rya bagenzi be, yavuze ko RDF ubu ihagaze bwuma ku buryo bitera ishema abagiye mu kiruhuko.

Ni mu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Nzeri 2023, nyuma y’umunsi umwe, bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF.

Muri uyu muhango wabereye ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura, harimo aba Bajenerali bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse n’abandi bayobozi bakuru muri RDF.

General (Rtd) James Kabarebe wavuze mu izina rya bagenzi be, yavuze ko uko RDF imeze muri iki gihe, biha icyizere buri wese uyivamo agiye mu kiruhuko ko iki gisirikare kizakomeza kugumana umurongo mwiza.

Yaboneyeho kandi gushimira Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ku miyoborere ye ireba kure, yatumye urugamba rwo kubohora Igihugu rushoboka ndetse no kucyubaka.

Mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda na we yashimiye aba bajenerali ndetse n’abandi basirikare bakuru bagiye mu kiruhuko, ku bw’umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda, ndetse no mu rugamba rwo kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.

Yavuze ko abasirikare bakiri mu kazi bazakomeza gukenera impanuro z’aba basirikare b’abanyabigwi bagiye mu kiruhuko, mu rugendo rwo guteza imbere Igihugu.

General Kabarebe yasezeweho na RDF
Yavuze ko RDF ubu ihagaze bwuma
Minisitiri w’Ingabo yashimiye aba Bajenerali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + twenty =

Previous Post

Amatsiko yashize: Menya amazina yiswe Abana b’Ingagi 23 yatanzwe n’abarimo abasitari bakomeye ku Isi

Next Post

Ngoma: Hafashwe icyemezo cyihuse ku hiswe ‘Gabanyifiriti’ hakorerwaga amasengesho

Related Posts

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

by radiotv10
21/11/2025
0

In the discussions between the joint security mechanism of the Government of Rwanda and that of the Democratic Republic of...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

by radiotv10
21/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze guta muri yombi abanyamahanga babiri bagaragaye mu rugomo mu Mujyi wa Kigali, bahohotera umumotari,...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR
MU RWANDA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

by radiotv10
21/11/2025
0

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Hafashwe icyemezo cyihuse ku hiswe ‘Gabanyifiriti’ hakorerwaga amasengesho

Ngoma: Hafashwe icyemezo cyihuse ku hiswe ‘Gabanyifiriti’ hakorerwaga amasengesho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.