Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

radiotv10by radiotv10
15/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwaburiye abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo bamaze iminsi baterana amagambo, rubasaba kubihagarika, bitaba ibyo bakazisanga batangiye kubikurikiranwaho nk’ibyaha kuko ari wo murongo bari gusatira.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi 2025, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo herekanwaga abantu bakekwaho ibyaha binyuranye.

Ni nyuma yuko umunyamakuru Sam Karenzi na Muramira Regis bakorera ibitangazamakuru bibiri banafitemo imyanya yo hejuru, bamaze iminsi bumvikana baterana amagambo mu biganiro bakora.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko isesengura ryakozwe, rigaragaza ko gusubizanya hagati y’aba banyamakuru, ari amakimbirane ashingiye ku byo bombi baziranyeho.

Ati “Amakimbirane yabo, ubona ashingiye ku mabanga bo ubwabo baziranyeho nk’abantu bakoranye, bagakora muri za siporo hari igihe habamo, urabona ni ibintu baziranyeho, ariko niba ari ibintu baziranyeho nibabibike bo ubwabo bareke kubizana bakoresha ibitangazamakuru bakorera.”

Yaboneyeho kugira inama abakeka ko bashobora kwitwikira umwuga w’itangazamakuru bakavuga ibyo bashaka, ko hari imbago batagomba kurenga, kuko hari igihe bisanga barengereye bakoze ibyaha.

Ati “Ntakibazo bararyihishamo bakore amakosa y’umwuga, ababibabaza bazabibaza, ariko hari igihe bazatera intambwe bakarenga umurongo utukura hanyuma ubwo icyo gihe natwe tuzaba turi hafi tubakirize yombi.”

Dr Murangira avuga ko uko aba banyamakuru batangiye izi mpaka zabo, byari ibintu bisanzwe, ariko uko bagiye bakomeza, byagiye biba birebire ku buryo ibyo bavuga bazi ko ari ugusubizanya, bizarangira bivuyemo ibyaha.

Ati “kuko uko twabitangiye si ko tubibona ubu ngubu, ndabona bagenda babikwedura, ariko kubera ko bakoresha imiyoboro y’ibitangazamakuru bakorera, urabona ko biri kugenda bifata indi ntera, ibi bigafatwa nko gutandukira amahame y’umwuga wabo w’itangazamakuru, ariko kandi biranaganisha mu nzira zo gukora ibyaha.”

Dr Murangira yaboneyeho kubaha ubutumwa, agira ati “Ubu butumwa mubumpere umugabo bita Muramira Regis na Sam Karenzi. Mubabwire muti ‘turarambiwe pe’, abantu bararambiwe, bararambiwe kumva ibintu barimo. Murekere aho abantu barambiwe amatiku birirwamo.”

Dr Murangira avuga ko ubundi aba banyamakuru bombi, ari abantu bamaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru ku buryo batari bakwiye kumvikana muri ibi yise amatiku. Ati “Biragayitse, ni ibintu tutatekereza mu bantu b’aba senior [bafite uburambe].”

Umunyamakuru Sam Karenzi yagiriwe inama
Na Muramira Regis bamaze igihe baterana amagambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Next Post

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

Related Posts

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

by radiotv10
19/09/2025
0

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y'umwaka umwe y'imikoranire n'Uruganda, Roots Investment Group Ltd rwenga ikinyobwa gisembuye cya Be one Gin....

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

by radiotv10
19/09/2025
0

Umunya-Slovénie Tadej Pogačar, umwe mu bakinnyi b’amagare bakomeye ku Isi muri iki gihe, yamaze kugera mu Rwanda aho aje kwitabira...

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
18/09/2025
0

Umunyezamu Pavelh Ndzila w’ikipe ya Rayon Sports yagiyemo avuye muri APR FC na yo yinjiyemo ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya...

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Umunyezamu wa Rayon Sports FC, Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila yatanze inama ku cyakorwa ngo ikipe ye isezerere Singida Black Stars...

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

IZIHERUKA

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits
IMIBEREHO MYIZA

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
20/09/2025
0

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

19/09/2025
Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

19/09/2025
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.