Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umubiligi Romelu Lukaku ari mu gahinda k’urupfu rw’umubyeyi we Roger Menama Lukaku na we wakinnye ruhago unafite ibigwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho uyu mukinnyi wakiniye amakipe akomeye arimo Manchester United, yagaragaje akababaro atewe no kubura Se wamwigishije buri kimwe cyose azi.

Inkuru y’urupfu rwa Roger Lukaku wabaye umukinnyi n’umutoza, rwatangajwe n’umuhungu we Romelu Lukaku, ndetse n’ikipe yabereye umutoza ya DC Motemba Pembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Roger Lukaku ni umwe mu bafite izina rikomeye muri ruhago yo muri DRC, akaba yarananyuze mu makipe anyuranye yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi yanabyariye umuhungu we rurangiranwa Romelu Lukaku ukinira ikipe ya kiriya Gihugu cy’i Burayi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na DC Motemba Pembe kuri uyu wa Mbere, iyi kipe y’i Kinshasa, yatangaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Roger Lukaku bafataga nk’umubyeyi, umuvandimwe ndetse n’inshuti y’umuryango mugari w’iyi kipe.

Rutahizamu Romelu Lukaku na we wanyuze mu makipe akomeye ku Mugabane w’u Burayi, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rw’umubyeyi we.

Yagize ati “Wazarakoze kunyigisha buri kimwe cyose nzi, iteka ryose nzahora ngushimira. Ubuzima ntibuzakomeza kumera kimwe, warakoze kumba hafi no kunyobora mu nzira nziza bitari kubasha gukorwa n’undi wese.”

Uyu rutahizamu akomeza agira ati “Amarira ari gutemba cyane, ariko Imana izampa imbaraga zo kongera gukomera no kongera kuduhuza. Wakoze kuri buri kimwe.”

Uretse uyu rutahizamu Romelu Lukaku wakiniye amakipe akomeye arimo Manchester United, Inter, na AS Roma, undi mwana wa nyakwigendera Roger Menama Lukaku ni Jordan Lukaku na we usanzwe ari umukinnyi ariko udafite ikipe akinira muri iki gihe.

Lukaku yakiniye n’ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza

Roger Menama Lukaku umbyeyi wa Romelu Rukaku yitabye Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

Next Post

Eng.-Minister Nduhungirehe comments on Blackwater mercenaries hired by DRC

Related Posts

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

by radiotv10
01/10/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League, mu mukino wa mbere w’ijonjora ribanza, itsindiwe i Kigali...

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

by radiotv10
30/09/2025
1

Niyomugabo Claude, Kapiteni wa APR FC, yavuze ko nta bwoba batewe no kuba bagiye guhura n’ikipe ya Pyramids FC ubu...

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

by radiotv10
29/09/2025
0

Bamwe mu bafana ba Rayon Sports bari baherekeje iyi kipe mu Gihugu cya Tanzania, baje gufatirwa mu nzira ubwo bari...

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

by radiotv10
29/09/2025
0

Icyumweru cy’ibyishimo i Kigali mu Rwanda, ahari hamaze iminsi habera Shampiyona y’Isi y’Amagare yanyuze mu bice binyuranye by’uyu Murwa Mukuru...

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

by radiotv10
28/09/2025
0

Mu isiganwa ryagaragayemo amazina ayoboye andi mu mukino w’amagare, Umunya-Slovania Tadej Pogačar usanzwe ari nimero ya mbere ku Isi, ashimangiye...

IZIHERUKA

How to restart your life when you feel left behind
MU RWANDA

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

01/10/2025
Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

01/10/2025
APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Minister Nduhungirehe comments on Blackwater mercenaries hired by DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe comments on Blackwater mercenaries hired by DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to restart your life when you feel left behind

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.