Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma Depite Fidel Rwigamba uherutse kwitaba Imana, hasomwe ubutumwa bw’Umuryango wa Perezida Paul Kagame wageneye uwa nyakwigendera, bawihanganisha muri ibi bihe by’akababaro.

Depite Fidel Rwigamba yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, tariki 15 Gashyantare 2023 azize uburwayi, aho yari arwariye mu Bitaro byiritiwe Umwami Fayisali.

Umuhango wo kumusezera bwa nyuma, wabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023 mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu ndetse n’abashinga amategeko bagenzi ba nyakwigendera.

Minisitiri muri Perezidansi y’u Rwanda, Uwizeye Judith yasomye ubutumwa bw’umuryango wa Perezida Paul Kagame wageneye uwa nyakwegendera.

Muri ubu butumwa, Perezida Paul Kagame yageneye umuryango wa Hon Rwigamba, yatangiye avuga ko we n’umuryango we “bamenye inkuru mbi yuko Hon Depite Rwigamba Fidel yitabye Imana, bababajwe n’iyi nkuru mbi kandi bifatanyije n’abana be n’umuryango wose muri iki gihe cy’agahinda kenshi, bifatanyije kandi n’Inteko Ishinga Amategeko.”

Bukomeza bugira buti “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’umuryango we bifurije abana n’umuryango wose gukomeza gukomera muri ibi bihe by’akababaro. Imana ihe Hon Depite Rwigamba Fidel iruhuko ridashira.”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa wagarutse ku byaranze nyakwigendera Rwigamba Fidel, yavuze ko yarangwaga n’ubupfura no gukunda Igihugu.

Yagize ati “Yaranzwe no kugira umuhate ntagereranywa, gukorana ubushake n’ubushishozi n’ubuhanga imirimo yari ashinzwe kandi yayigaragajemo ubushobozi.”

Hon Mukabalisa yavuze ko nyakwigendera yarangwaga no kubahiriza igihe, ati “Mu gihe cyose yari ari hano mu mutwe w’Abadepite nta na rimwe yigeze akererwa imirimo y’Inteko Ishinga Amategeko.”

Bamwe mu babanye na nyakwigendera Hon Rwigamba yaba mu Rwanda ndetse no mu buhunzi, batanze ubuhamya bw’uburyo yarangwaga no kwiyoroshya ndetse no gukunda abantu.

Nyakwigendera yasezeweho bwa nyuma
Ni umuhango wayobowe na Perezida w’Umutwe w’Abadepite
Abadepite basezeye bwa nyuma nyakwigendera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Next Post

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.