Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma Depite Fidel Rwigamba uherutse kwitaba Imana, hasomwe ubutumwa bw’Umuryango wa Perezida Paul Kagame wageneye uwa nyakwigendera, bawihanganisha muri ibi bihe by’akababaro.

Depite Fidel Rwigamba yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, tariki 15 Gashyantare 2023 azize uburwayi, aho yari arwariye mu Bitaro byiritiwe Umwami Fayisali.

Umuhango wo kumusezera bwa nyuma, wabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023 mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu ndetse n’abashinga amategeko bagenzi ba nyakwigendera.

Minisitiri muri Perezidansi y’u Rwanda, Uwizeye Judith yasomye ubutumwa bw’umuryango wa Perezida Paul Kagame wageneye uwa nyakwegendera.

Muri ubu butumwa, Perezida Paul Kagame yageneye umuryango wa Hon Rwigamba, yatangiye avuga ko we n’umuryango we “bamenye inkuru mbi yuko Hon Depite Rwigamba Fidel yitabye Imana, bababajwe n’iyi nkuru mbi kandi bifatanyije n’abana be n’umuryango wose muri iki gihe cy’agahinda kenshi, bifatanyije kandi n’Inteko Ishinga Amategeko.”

Bukomeza bugira buti “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’umuryango we bifurije abana n’umuryango wose gukomeza gukomera muri ibi bihe by’akababaro. Imana ihe Hon Depite Rwigamba Fidel iruhuko ridashira.”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa wagarutse ku byaranze nyakwigendera Rwigamba Fidel, yavuze ko yarangwaga n’ubupfura no gukunda Igihugu.

Yagize ati “Yaranzwe no kugira umuhate ntagereranywa, gukorana ubushake n’ubushishozi n’ubuhanga imirimo yari ashinzwe kandi yayigaragajemo ubushobozi.”

Hon Mukabalisa yavuze ko nyakwigendera yarangwaga no kubahiriza igihe, ati “Mu gihe cyose yari ari hano mu mutwe w’Abadepite nta na rimwe yigeze akererwa imirimo y’Inteko Ishinga Amategeko.”

Bamwe mu babanye na nyakwigendera Hon Rwigamba yaba mu Rwanda ndetse no mu buhunzi, batanze ubuhamya bw’uburyo yarangwaga no kwiyoroshya ndetse no gukunda abantu.

Nyakwigendera yasezeweho bwa nyuma
Ni umuhango wayobowe na Perezida w’Umutwe w’Abadepite
Abadepite basezeye bwa nyuma nyakwigendera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 8 =

Previous Post

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Next Post

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.