Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Christian Ninteretse ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, agira ati “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe neza.”

Uyu muhanzi asanzwe anafite izina rikomeye mu Burundi, dore ko yanegukanye igihembo cya cya Primusic mu mwaka 2014 kiri mu bihembo bikomeye bitangwa muri kiriya Gihugu.

Nubwo uyu muhanzi yari afite izina rikomeye iwabo mu Burundi, yahunze iki Gihugu kubera ibibazo bya politiki byahabaye, ahungira mu Rwanda, ari na ho aba ubu n’umuryango we.

Uyu muhanzi yagaragaje ko yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, aho yasangije abantu ibyiyumviro bye, nyuma yo kuba ubu ari umwe mu bagize Umuryango Mugari w’Abanyarwanda.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Christian Ninteretse yagize ati “Baca umugani mu Kinyarwanda ngo “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe neza” Rwanda nziza ndagushimiye kw’iteka unteye ryo kuba Umunyarwanda wuzuye kandi nzabiharanira cane! Ntewe ishema no kuba Umunyarwanda wuzuye.”

Uyu muhanzi ahawe ubwenegihugu nyuma y’amezi atandatu undi musitari ukomoka mu Burundi, ari we Iradukunda Grace Divine wamamaye nka DJ Ira abuhawe, nyuma yuko muri Werurwe yari yabusabye Perezida Paul Kagame mu kiganiro yari yagiranye n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali.

Umuhanzi Christian Ninteretse na we wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, ni umwe mu bagize uruhare mu gusakaza ubutumwa bw’amahoro binyuze mu ndirimbo yitwa ‘Amahaoro’ yamamaye cyane mu Burundi mu myaka yatambutse by’umwihariko muri cya 2015.

Ni indirimbo yahuriwemo n’abahanzi banyuranye barimo Natacha, R Flow, Eddy Kamoso, Channelle, Rally Joe,Bosco, na Vichou.

Nyuma yuko ahungiye mu Rwanda, uyu muhanzi yahakomereje ibikorwa bye bya Muzika aho yamamaye cyane mu gutaramira abantu mu birori bitandukanye.

Christian Ninteretse yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + eleven =

Previous Post

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Next Post

How to restart your life when you feel left behind

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.