Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w’iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu w’Umurundi na we yahise ashyira hanze ubutumwa asabamo imbabazi.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025, Kiyovu Sports yandikiye ibaruwa uwari Kapiteni wayo Hamiss Cedric imuhagarika kubera amakosa yakoze mu mikino ibiri iheruka. Uyu rutahizamu w’Umurundi Amissi Cédric yamenyeshejwe ko yahagaritswe imikino ibiri ndetse akanamburwa igitambaro cya Kapiteni kubera amakosa yagaragaje ku mikino bahuyemo na Gasogi United ndetse na Al Merrikh.

Ibaruwa yasinyweho na Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, igira iti “Dushingiye ku myifatire idakwiye wagaragaje ku wa 21 Ugushyingo 2025 ubwo ikipe ubereye kapiteni yakinaga na Gasogi United ndetse no ku wa 24 Ugushyingo 2025 mu mukino ikipe ya Kiyovu Sports Club yakiraga Al Marrikh;

Ubwo wafashe igitambaro kiranga umuyobozi uyoboye abandi mu kibuga (Brassard) ukakijugunya hasi imbere y’umutoza, staff, ubuyobozi bw’ikipe ndetse n’abafana;

Tukwandikiye tukumenyesha ko guhera uyu munsi utakaje icyizere wagiriwe nk’umuyobozi uyobora abandi mu kibuga, bityo ukaba utakiri Captain wa Kiyovu Sports Club ndetse ukaba uhagaritswe imikino ibiri (2) ikurikirana.”

Uyu mukinnyi yahagaritswe imikino ibiri na Kiyovu ndetse yamburwa igitambaro cy’umuyobozi w’abakinnyi bagenzi be.

Umutoza wa Kiyovu SC Haringingo, nyuma yo gutsindwa na Al Merrikh, yatangaje ko iyi myitwarire uyu mukinnyi yagaragaje idakwiriye, cyane ko ari umukinnyi mukuru.

Ati “Ni umukinnyi mukuru uba ushaka gukina umukino wose no kugira ibyo akora byinshi. Rimwe na rimwe ariko hari igihe biba ngombwa ko duhindura uburyo twakinagamo. Imyitwarire ye tugiye kuyitaho kuko ni ibintu bidakwiriye ku muntu mukuru. Nta kidasanzwe, tuzabishyira ku murongo.”

Cedric Hamiss aratangira ibihano bye ku mukino Kiyovu Sports ifitanye na Gorilla FC kuri uyu wa Kane kuri Kigali Pele Stadium. Gusa uyu musore, nyuma yo guhanwa, yahise asaba imbabazi abafana, abayobozi ndetse na bagenzi be ku myitwarire idahwitse yamugaragayeho, aho yavuze ko yabitewe no gushyuha mu mutwe ko ntakindi cyari kibyihishe inyuma.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + thirteen =

Previous Post

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Next Post

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.