Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in BASKETBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye umukinnyi wa Basketball Nate Ament uhanzwe amaso muri Leta Zunze Ubumwe za America ufite inkomoko mu Rwanda, amubwira ko Abanyarwanda bamuri inyuma kandi batewe ishema na we.

Nate Ament w’imyaka 18 y’amavuko ufite umubyeyi umwe (Nyina) w’Umunyarwanda, ni umwe mu bakinnyi bahanzwe amaso bakiri bato muri Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko aherutse no gushyirwa ku rutonde rw’abakinnyi beza 100 bakiri bato, aho yaje ku mwanya wa kane.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye uyu munyempano mu mukino wa Basketball kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025, n’umuryango we bazanye mu Rwanda, banasangira ifunguro ry’umugoroba.

Ubwo yamwakiraga ku meza, Minisitiri Mukazayire n’uyu mukinnyi Nate Ament bagiranye ikiganiro, aho yamubwiye ko yishimiye gusura u Rwanda n’uburyo yakiriwe. Ati “Buri muntu wese yaranyishimiye, rwose ni nko mu rugo kuri njye.”

Yabwiye Minisitiri ko muri iyi minsi yari mu Rwanda yagiye mu bikorwa binyuranye, aho yabashije gukina n’abandi umukino wa Basketball, ndetse akanatembera mu bice binyuranye bitatse ibyiza. Ati “Mu by’ukuri byari ibyishimo gusa gusa.”

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, na we yashimiye Nate Ament, ati “Twishimiye kukwakira hano mu rugo, turi umuryango, tukuri inyuma Nate, komeza ukore cyane kandi umenye ko kugera ku ntsinzi ubifite mu biganza byawe.”

Nate Ament aherutse kujyana n’Ikipe y’abatarengeje imyaka 18 y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za America mu irushanwa rya 2024 FIBA U-18 Americas Championship, ryanegukanywe n’Ikipe yabo.

Minisitiri yabanjye kumwakira mu biro
Yanatembereye Sitade Amahoro ateramo n’agapira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

Next Post

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Related Posts

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

by radiotv10
14/08/2025
0

The Minister of Sports, Nelly Mukazayire, received basketball player Nate Ament, a rising talent in the United States with Rwandan...

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

by radiotv10
14/08/2025
0

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania, yageze mu Rwanda, aho ije gukina umukino wa gicuti na Rayon Sports ku...

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Komisiyo ishinzwe Amatora mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yemeje kandidatire ya Shema Ngoga Fabrice n’itsinda ry’abo bari kumwe...

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/08/2025
0

Nyuma yo gutandukana na Etincelles FC yari yatangiyemo akazi, umutoza Innocent Seninga ku nshuro ya kabiri yerekeje muri Djibouti asinyira...

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

by radiotv10
08/08/2025
0

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Talib yongeye kwibutsa abakunzi b'iyi kipe ko badakwiye guterwa ubwoba na Rayon Sports mu mukino...

IZIHERUKA

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.