Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda nyuma yuko isezereye Real Madrid muri UEFA Champions League, igasanga Paris Saint Germain muri 1/2.

Uyu mukino wo kwishyura wabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Mata 2025, warangiye Arsenal isubiriye Real Madrid n’ubundi yari yayitsinze mu mukino ubanza.

Ibitego bibiri (2) bya Arsenal byaje byiyongera kuri bitatu (3) yari yatsinze mu mukino ubanza, byatumye iyi kipe yo mu Bwongereza isanzwe ifitanye amasezerano y’imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda, isezerera Real Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 5-1.

Perezida Paul Kagame usanzwe akunda ikipe ya Arsenal, yagaragaje ko yishimiye iyi ntsinzi no kuba igeze muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Yagize ati “Mikel Arteta (Umutoza wa Arsenal) n’ikipe yose, mudureye ishema twebwe abafana n’abafatanyabikorwa. Mukwiye byose…Ndabashimiye.”

Ibi bitego bibiri byashimangiye itike ya Arsenal yo kwerecyeza muri 1/2 cy’irangiza, birimo icyatsinzwe na Bukayo Saka ku munota wa 63’ ndetse n’icy’agashinguracumu cyatsinzwe na Gabriel Martinelli cyatsinzwe mu minota y’inyongera.

Perezida Kagame usanzwe ari Umu-Sportif yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Ku mukino ubanza, Perezida Paul Kagame na bwo yari yashimiye iyi kipe ya Arsenal FC yari yatsinze Real Madrid ibitego 3-0, aho yari yavuze ko igihe cyose aba afitiye icyizere iyi kipe.

Arsenal igeze muri 1/2 cy’irangiza muri iki gikombe kiri mu bikurikirwa na benshi ku Isi, isanzeyo ikipe ya Paris Saint Geramain, na yo isanzwe ari umufatanyabikorwa wa Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’ banongereye amasezerano kuri uyu wa Gatatu akazageza muri 2028.

Umukuru w’u Rwanda kandi yari anaherutse kugaragaza ko yifuriza iyi kipe yo mu Bufaransa na yo gukatisha itike ya 1/2, mu butumwa na bwo yari yanyujije kuri X, ubwo iyi kipe yari igiye guhura na Aston Villa yaje gusezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-4.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 10 =

Previous Post

Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Next Post

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.