Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda nyuma yuko isezereye Real Madrid muri UEFA Champions League, igasanga Paris Saint Germain muri 1/2.

Uyu mukino wo kwishyura wabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Mata 2025, warangiye Arsenal isubiriye Real Madrid n’ubundi yari yayitsinze mu mukino ubanza.

Ibitego bibiri (2) bya Arsenal byaje byiyongera kuri bitatu (3) yari yatsinze mu mukino ubanza, byatumye iyi kipe yo mu Bwongereza isanzwe ifitanye amasezerano y’imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda, isezerera Real Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 5-1.

Perezida Paul Kagame usanzwe akunda ikipe ya Arsenal, yagaragaje ko yishimiye iyi ntsinzi no kuba igeze muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Yagize ati “Mikel Arteta (Umutoza wa Arsenal) n’ikipe yose, mudureye ishema twebwe abafana n’abafatanyabikorwa. Mukwiye byose…Ndabashimiye.”

Ibi bitego bibiri byashimangiye itike ya Arsenal yo kwerecyeza muri 1/2 cy’irangiza, birimo icyatsinzwe na Bukayo Saka ku munota wa 63’ ndetse n’icy’agashinguracumu cyatsinzwe na Gabriel Martinelli cyatsinzwe mu minota y’inyongera.

Perezida Kagame usanzwe ari Umu-Sportif yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Ku mukino ubanza, Perezida Paul Kagame na bwo yari yashimiye iyi kipe ya Arsenal FC yari yatsinze Real Madrid ibitego 3-0, aho yari yavuze ko igihe cyose aba afitiye icyizere iyi kipe.

Arsenal igeze muri 1/2 cy’irangiza muri iki gikombe kiri mu bikurikirwa na benshi ku Isi, isanzeyo ikipe ya Paris Saint Geramain, na yo isanzwe ari umufatanyabikorwa wa Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’ banongereye amasezerano kuri uyu wa Gatatu akazageza muri 2028.

Umukuru w’u Rwanda kandi yari anaherutse kugaragaza ko yifuriza iyi kipe yo mu Bufaransa na yo gukatisha itike ya 1/2, mu butumwa na bwo yari yanyujije kuri X, ubwo iyi kipe yari igiye guhura na Aston Villa yaje gusezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-4.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 6 =

Previous Post

Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Next Post

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Related Posts

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

by radiotv10
30/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje umutoza mukuru mushya w’iyi kipe, ari we Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi watozaga ikipe ya Mukura VS,...

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

by radiotv10
29/05/2025
0

Nyuma yuko Rayon Sports ibuze igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 nyamara yarakunze kuyobora urutonde rw’agateganyo, Kapiteni wayo, Muhire Kevin yavuze...

Yari imazemo imyaka itatu: Indi kipe yasohotse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Yari imazemo imyaka itatu: Indi kipe yasohotse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
29/05/2025
0

Ikipe ya Muhazi United yari imaze imyaka itatu mu Cyiciro cya mbere mu mupira w’Amaguru mu Rwanda, yamacutse mu cya...

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

by radiotv10
27/05/2025
0

Mu gushyikiriza APR FC Igikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2024-2025, hateganyijwe ibirori bizarangwa n’ibikorwa binyuranye birimo kuba abazabyitabira bazasusurutswa...

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

by radiotv10
24/05/2025
0

Ikipe ya Manchester United nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma wa Europa League 2024-2025, igiye gusezerera abakinnyi umunani bose...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.