Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubuyobozi Bukuru bwa M23 bwatangaje impinduka mu bayobozi bashya b’ibice igenzura

radiotv10by radiotv10
14/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahaye inshingano abayobozi 17 bo mu bice binyuranye, uvuga ko wabohoje byo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abo mu Mujyi wa Bunagana umaze igihe mu maboko yawo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024, ariko bigaragara ko ari icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Gatatu, ubuyobozi bwa M23, buvuga ko gushyiraho aba bayobozi biri “mu nyungu zo gukomeza gukorera rubanda mu miyoborere yo mu bice byabohojwe na M23.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, rivuga ko ari icyemezo cyaturutse mu buyobozi bukuru bw’uyu mutwe, burimo n’ubwa Gisirikare.

Muri aba bantu 17 bashyizwe mu myanya, harimo Busimba Rodrigue wagizwe Umuyobozi Wungirije mu Mujyi wa Bunagana, ndetse na Gakomeye Benera wagizwe umuyobozi ushinzwe Iterambere muri uyu Mujyi.

Naho mu Mujyi wa Kiwanja, hashyizweho Umuyobozi Wungirije, ari we Rukera Bienfait, ndetse na Ndiziwe Oscar wagize Umuyobozi ushinzwe guhosha amakimbirane.

Mu Mujyi wa Rubare/Kako/Kalendera, hashyizwe Umuyobozi Wungirije, ari we Zahabu Josee, naho mu Mujyi wa Nyamilima, hashyirwaho Umuyobozi Mukuru ari we Hitimana Emmanuel, akaba yungirijwe na Muhindo Kambesa, mu gihe Nshimiye Fidele yahizwe Umuyobozi ushinzwe Iterambere.

Ibindi bice byashyiriweho abayobozi nk’uko bigaragazwa n’iri tangazo ry’ubuyobozi bukuru bwa M23, harimo Santere ya Kibirizi, iya Nyanzale, ndetse na Santere ya Mweso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + six =

Previous Post

Rwamagana: Hadutse indwara y’amayobera mu kigo cy’ishuri ifata abanyeshuri b’abakobwa gusa

Next Post

Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
MU RWANDA

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi

Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.