Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, ivuga ko mu myanzuro 11 yihaye gukora mu mwaka ushize, harimo umwe utaragezweho uko byifuzwaga, wo kugabanya abo muri iki cyiciro bagisabiriza.

Iyi Nama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, isanzwe ishinzwe kwita ku mibereho y’abo muri iki cyiciro, ivuga ko umwanzuro wa munani muri iyi 11 ari wo wavugaga ku kugabanya umubare w’abagisabiriza.

Gusa ngo intego yari yihawe ntiyagezweho uko byifuzwaga, nubwo uru rwego rutagaragaza umubare w’abakibeshejweho no gutegera amaboko abandi ndetse n’ababihagaritse.

Kimwe mu bishobora gukemura iki kibazo kimwe n’ibindi bikiri mu bafite ubumuga, ni ugushyigigikira ibikorwa byabo bibafasha kwiteza imbere mu buryo butaziguye.

Imibare y’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari y’umwaka wa 2024-2025 izakoresha miliyoni 892 111 151 Frw.

Nanone kandi iyi mibare igaragaza ko miliyoni eshatu ari zo zizashyirwa mu bikorwa byo kwita ku mibereho y’abafite ubumuga bakeneye ubufasha bwihutirwa, hakaba na miliyoni 120 Frw zizoherezwa mu Turere kugira ngo zifashe amakoperative y’abafite ubumuga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, Emmanuel Ndayisaba; avuga ko aya mafaranga ari macye agereranyije n’ibibazo bihari.

Yagize ati “Kuba twarashishikarije abantu kwitabira kujya mu makoperative ntitubashe kubageraho vuba, ntabwo twaba turimo kubateza imbere. Ariya twari twasabye nubwo bitakunze; twari twasabye ko bayakuba gatatu ku buryo byibuze buri Karere twagaha miliyoni icumi cyangwa cumi n’ebyiri.”

Uru rwego rugaragaza ko mu mwaka w’ingengo wa 2023-2024 rwahawe miliyoni 895 959 709 Frw, amaze gukoreshwa ku rugero rwa 81%, gusa ntirwerekana umubare w’abantu bafite ubumuga bafashijwe kwiteza imbere.

Icyakora ngo miliyoni 400 frw zashowe mu kubaka uburyo bugaraza umubare nyawo w’abafite ubumuga mu Rwanda uzatuma hamenyekana ubufasha bushingiye ku bumuga aba baturage bafite.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Hari gukorwa igenzura rizatahura Amakoperative ya baringa n’ayasinziriye

Next Post

Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho

Related Posts

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi
FOOTBALL

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho

Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.