Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubwitabire bw’abantu bacye, Ric Hassani waririmbye indirimbo za Meddy, gutinda gutangira,…Ibyaranze igitaramo cya Sympony Band

radiotv10by radiotv10
05/12/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubwitabire bw’abantu bacye, Ric Hassani waririmbye indirimbo za Meddy, gutinda gutangira,…Ibyaranze igitaramo cya Sympony Band
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda rya Sympony Band ryatumiyemo umuhanzi wo muri Nigeria, Ric Hassani mu gitiramo cyiswe ‘Fantacy Music Concert’ cyagaragayemo ubwitabire bwo ku rwego rwo hasi byatumye gikererwaho .

Byari biteganyijwe ko iki gitaramo kigomba gutangira ku isaha ya saa 15:00’, ariko bitewe n’ubwitabire buke byatumye gikererwa.

Benshi babihuje n’uko n’ubundi tariki ya 4 Ukuboza 2021 cyabereyeho, muri Kigali Arena hari hateganyijwe ikindi gitaramo cy’umwami wa Rhumba, Koffi Olomide bagakeka ko ari ho benshi bari bigiriye.

Saa 20:00’ zibura iminota mike nibwo Ally Soudy wari MC muri iki gitaramo yageze ku rubyiniro atangira gushyushya abantu bake bari bahari, uko amasaha yashiraga niko abantu biyongeraga.

Nta mwanya munini waciyeho ahita aha ikaze itsinda rya Symphony Band umwanya riza gucurangira bake bari bahari.

Iri tsinda ryagerageje gukora iyo bwabaga ngo bashimishe abari baje kubashyigikira, ryaririmbye zimwe mu ndirimbo zabo zikumwe nka ‘Replay’, ‘Igitabo’ na ‘I Miss U’ n’izindi.

Iri tsinda ryakurikiwe na Nel Ngabo wishimiwe cyane n’urubyiruko rwari rwitabiriye iki gitaramo, uyu muhanzi yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze nka ‘Sawa’, ‘Nywe’, ‘Tayali’ na ‘Muatale’ yakoranye na Bruce Melodie yishimiwe na benshi.

Nel Ngabo akaba yakorewe mu ngata na Confy waririmbye ‘Joana’, ‘Panha’ na Pole Pole n’izindi.

Ric Hassani wari wazinduye benshi ni we wahise uhabwa umwanya, uyu muhanzi akaba yakiranywe ibyishimo na bake bari baje kwihera ijisho.

Uyu muhanzi yasusurukije abari bahari mu ndirimbo ze zitandukanye nka ‘Number One’, ‘Thunder Fire You’, ‘Everthing’, ‘Only You’, ‘My Only Baby’ yakoranye na Mike Kayihura yahise anahamagara ku rubyiniro bakayiririmbana, yahise anamusigira urubyiniro maze Mike Kayihura na we asusurutsa abakunzi be.

Usibye izi ndirimbo ze yaririmbye yacuranze n’indirimbo z’abandi bahanzi zirimo iya Meddy yitwa Slowy.

Iki gitaramo kikaba cyari cyitabiriwe na bimwe mu byamamare nyarwanda cyane mu ruganda rw’umuziki, nka Producer Ishimwe Clement, Dj Ira, abahanzi Bruce Melodie na Platini.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Padiri Munyeshyaka Wenceslas uvugwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yahagaritswe kubera umwana yabyaye

Next Post

Koffi Olomide wakoze igitaramo cy’amateka i Kigali Ati  ‘‘Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro’’

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Koffi Olomide wakoze igitaramo cy’amateka i Kigali Ati  ‘‘Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro’’

Koffi Olomide wakoze igitaramo cy’amateka i Kigali Ati  ‘‘Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro’’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.