Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka

radiotv10by radiotv10
08/12/2023
in AMAHANGA
0
Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Bushinwa, hari impungenge ko icyorezo cya COVID cyigeze gushegesha Isi, gihereye muri iki Gihugu cyagaragayemo bwa mbere, cyakongera kugaruka. Menya icyatumye haduka iki kikango.

Ubu bwobwa buri mu Bashinwa, bwaje nyuma y’uko hongeye gukorwa ibikorwa byo gupima COVID ku bibuga cy’indege ndetse no ku bitaro, hanatangwa raporo z’iyi ndwara, ndetse na Minisiteri y’Uburezi ikaba yarongeye gutanga umuburo ku bigo by’amashuri mu Gihugu hose byakuyeho ingamba zo kwirinda ibicurane ndetse na COVID, isaba ibi bigo kuzigarura mu bihe by’impeshyi.

Nanone kandi hari amakuru ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu Bushinwa ko application yo gukurikirana ubwandu bwa COVID, yongeye gukorerwa mu Ntara zimwe na zimwe, ndetse bamwe bakavuga ko itigeze ivaho na rimwe.

Ibi byatumye hari bamwe mu Bashinwa batangira gukeka ko iki cyorezo cya COVID cyigeze kuzahaza Isi, cyaba kigiye kugaruka, dore ko cyanatangiriye muri iki Gihugu mu mujyi wa Wuhan.

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Weibo, mu mashusho yatanze ubutumwa agira ati “Ibikorwa nk’ibi bituma nongera guhangayika.”

Undi na we yanditse kuri Weibo ati “Hari ibihuha biri gukwirakwizwa ko app igenzura COVID yongeye gushyirwaho, ibi rero byatumye hari ukwikanga ko haba hagiye kongera kubaho guma mu rugo…Twizere ko izi mpungenge zitazaba impamo cyeretse mu gihe haza ikindi cyorezo.”

Undi na we yagize ati “Izi mpungege zigaragaza ubwoba ndetse n’agahinda k’ibihe byateye ihungabana benshi byabaye mu myaka itatu, ndetse n’urwango abantu bafitiye COVID.”

 

Umuburo w’inzego waturutse he?

Mu mezi macye ashize, ibitaro byo mu Bushinjwa, byagize ikibaso cy’izamuka ry’imibare y’abarwaye umusonga ndetse n’indwara zo mu myanya y’ubuhumekera zifata abana.

Ubuyobozi bwo mu Bushinwa bwavuze ko mu bihe by’ubukonge indwara nk’izi ziyongera ndetse na COVID. Iri zamuka ry’imibare y’izi ndwara mu Bushinwa, kandi ryanagenzuye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, aho inzego z’u Bushinwa zatanze amakuru kuri ryo.

Mu kwezi k’Ugushyingo, WHO yavuze ko u Bushinwa bwongereye ingufu mu kugenzura indwara ziterwa na Virus na Bacteria zifata imyanya y’ubuhumekero, kuva mu mezi yo hagati y’Ukwakira, ndetse ko izi ndwara ziyongera mu bihe by’imvura.

Izamuka riheruka ry’imibare ya COVID ryabaye muri Gicurasi, ahari hari ubwoko bwa XBB bwari buteye impungenge.

Inzobere z’ubuzima, zigendeye ku izamuka ry’imibare y’izi ndwara, zaboneye gutanga inama ko hakwiye gushyirwaho ingamba zikomeye kuko hashobora kwaduka ikindi cyorezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Uwari Mayor w’agateganyo wa Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu akinjira muri Njyanama yayo

Next Post

Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.