Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka

radiotv10by radiotv10
08/12/2023
in AMAHANGA
0
Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Bushinwa, hari impungenge ko icyorezo cya COVID cyigeze gushegesha Isi, gihereye muri iki Gihugu cyagaragayemo bwa mbere, cyakongera kugaruka. Menya icyatumye haduka iki kikango.

Ubu bwobwa buri mu Bashinwa, bwaje nyuma y’uko hongeye gukorwa ibikorwa byo gupima COVID ku bibuga cy’indege ndetse no ku bitaro, hanatangwa raporo z’iyi ndwara, ndetse na Minisiteri y’Uburezi ikaba yarongeye gutanga umuburo ku bigo by’amashuri mu Gihugu hose byakuyeho ingamba zo kwirinda ibicurane ndetse na COVID, isaba ibi bigo kuzigarura mu bihe by’impeshyi.

Nanone kandi hari amakuru ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu Bushinwa ko application yo gukurikirana ubwandu bwa COVID, yongeye gukorerwa mu Ntara zimwe na zimwe, ndetse bamwe bakavuga ko itigeze ivaho na rimwe.

Ibi byatumye hari bamwe mu Bashinwa batangira gukeka ko iki cyorezo cya COVID cyigeze kuzahaza Isi, cyaba kigiye kugaruka, dore ko cyanatangiriye muri iki Gihugu mu mujyi wa Wuhan.

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Weibo, mu mashusho yatanze ubutumwa agira ati “Ibikorwa nk’ibi bituma nongera guhangayika.”

Undi na we yanditse kuri Weibo ati “Hari ibihuha biri gukwirakwizwa ko app igenzura COVID yongeye gushyirwaho, ibi rero byatumye hari ukwikanga ko haba hagiye kongera kubaho guma mu rugo…Twizere ko izi mpungenge zitazaba impamo cyeretse mu gihe haza ikindi cyorezo.”

Undi na we yagize ati “Izi mpungege zigaragaza ubwoba ndetse n’agahinda k’ibihe byateye ihungabana benshi byabaye mu myaka itatu, ndetse n’urwango abantu bafitiye COVID.”

 

Umuburo w’inzego waturutse he?

Mu mezi macye ashize, ibitaro byo mu Bushinjwa, byagize ikibaso cy’izamuka ry’imibare y’abarwaye umusonga ndetse n’indwara zo mu myanya y’ubuhumekera zifata abana.

Ubuyobozi bwo mu Bushinwa bwavuze ko mu bihe by’ubukonge indwara nk’izi ziyongera ndetse na COVID. Iri zamuka ry’imibare y’izi ndwara mu Bushinwa, kandi ryanagenzuye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, aho inzego z’u Bushinwa zatanze amakuru kuri ryo.

Mu kwezi k’Ugushyingo, WHO yavuze ko u Bushinwa bwongereye ingufu mu kugenzura indwara ziterwa na Virus na Bacteria zifata imyanya y’ubuhumekero, kuva mu mezi yo hagati y’Ukwakira, ndetse ko izi ndwara ziyongera mu bihe by’imvura.

Izamuka riheruka ry’imibare ya COVID ryabaye muri Gicurasi, ahari hari ubwoko bwa XBB bwari buteye impungenge.

Inzobere z’ubuzima, zigendeye ku izamuka ry’imibare y’izi ndwara, zaboneye gutanga inama ko hakwiye gushyirwaho ingamba zikomeye kuko hashobora kwaduka ikindi cyorezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Uwari Mayor w’agateganyo wa Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu akinjira muri Njyanama yayo

Next Post

Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.