Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in AMAHANGA
0
Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’Umunya-Israel ari mu maboko ya Polisi y’Akarere ka Mpigi muri Uganda, akekwaho kwica umugore we, nyuma y’uko ibisubizo by’ibizamini bya DNA bigaragaje ko umwana byavugwaga ko babyaranye atari uwe.

Uyu mugabo witwa Raed Wated, yari asanzwe atuye mu gace ka Kalagala mu Karere ka Mpingi, yatahuwe nyuma y’uko agiye gutanga ikirego ko umugore we Monica Nabukenya w’imyaka 25 yaburiwe irengero kuva tariki 16 z’uku kwezi kwa Nyakanga.

Polisi yo muri aka Karere ivuga ko ariko uyu mugabo yakekaga ko umwana byavugwaga ko babyaranye, atari uwe, bituma ajya gukoresha ibizamini bya DNA, ndetse biza no kwemeza ko uwo mwana atari uwe koko.

Ubwo yahinduraga ageze mu rugo avuye gukoresha ibyo bizamini, yashyamiranye n’umugore we ndetse aza no kumwivugana, ubundi umurambo we awujugunya mu cyobo kiri hafi y’urugo.

Itangazo rya Polisi rigira riti “Mu ibazwa rye ryabereye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kayabawe, yajyanye Polisi iwe. Bakigerayo basanganizwa n’umwuka mubi w’umubiri wari waratangiye kwangirika. Barashakishije baza kuwubona mu cyobo. Nyuma yo kubazwa yemeye ko yishe umugore we amuhoye kuba ibizamini bya DNA byaragaragaje ko umwana batamubyaranye.”

Umugore wishwe

Umuvugizi w’agace ka Kayabwe ko muri aka Karere, Richard Ddumba, yavuze ko uyu mugabo n’umugore we nyakwigendera, babagaho mu buzima bw’ibanga, gusa ngo icyo yari abaziho, ni uko bari bafite umwana umwe.

Iyi ngingo yo gukoresha ibizamini bya DNA, imaze iminsi inagarukwaho mu Rwanda, nyuma y’uko Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga igaragaje ko umubare w’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA wikubye kane mu myaka ine ishize.

Bamwe mu baturage bagize icyo bavuga kuri iri tumbagira ry’imibare y’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA, bavuga ko ari ngombwa kuko muri iki gihe heze ingeso zo gucana inyuma, no kuba hari abakobwa bagereka inda ku bagabo atari izabo, bagamije kugira ngo bashyingiranwe.

Abandi banavuga ko ibi bishoboza no kuzateza amakimbirane mu miryango ndetse bikanagira ingaruka ku bana bizajya bigaragara ko atari ab’abagabo byakekwaga ko ari ba se.

Umunya-Israle arakekwaho kwica umugore we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eight =

Previous Post

Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame

Next Post

Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.