Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in AMAHANGA
0
Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’Umunya-Israel ari mu maboko ya Polisi y’Akarere ka Mpigi muri Uganda, akekwaho kwica umugore we, nyuma y’uko ibisubizo by’ibizamini bya DNA bigaragaje ko umwana byavugwaga ko babyaranye atari uwe.

Uyu mugabo witwa Raed Wated, yari asanzwe atuye mu gace ka Kalagala mu Karere ka Mpingi, yatahuwe nyuma y’uko agiye gutanga ikirego ko umugore we Monica Nabukenya w’imyaka 25 yaburiwe irengero kuva tariki 16 z’uku kwezi kwa Nyakanga.

Polisi yo muri aka Karere ivuga ko ariko uyu mugabo yakekaga ko umwana byavugwaga ko babyaranye, atari uwe, bituma ajya gukoresha ibizamini bya DNA, ndetse biza no kwemeza ko uwo mwana atari uwe koko.

Ubwo yahinduraga ageze mu rugo avuye gukoresha ibyo bizamini, yashyamiranye n’umugore we ndetse aza no kumwivugana, ubundi umurambo we awujugunya mu cyobo kiri hafi y’urugo.

Itangazo rya Polisi rigira riti “Mu ibazwa rye ryabereye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kayabawe, yajyanye Polisi iwe. Bakigerayo basanganizwa n’umwuka mubi w’umubiri wari waratangiye kwangirika. Barashakishije baza kuwubona mu cyobo. Nyuma yo kubazwa yemeye ko yishe umugore we amuhoye kuba ibizamini bya DNA byaragaragaje ko umwana batamubyaranye.”

Umugore wishwe

Umuvugizi w’agace ka Kayabwe ko muri aka Karere, Richard Ddumba, yavuze ko uyu mugabo n’umugore we nyakwigendera, babagaho mu buzima bw’ibanga, gusa ngo icyo yari abaziho, ni uko bari bafite umwana umwe.

Iyi ngingo yo gukoresha ibizamini bya DNA, imaze iminsi inagarukwaho mu Rwanda, nyuma y’uko Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga igaragaje ko umubare w’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA wikubye kane mu myaka ine ishize.

Bamwe mu baturage bagize icyo bavuga kuri iri tumbagira ry’imibare y’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA, bavuga ko ari ngombwa kuko muri iki gihe heze ingeso zo gucana inyuma, no kuba hari abakobwa bagereka inda ku bagabo atari izabo, bagamije kugira ngo bashyingiranwe.

Abandi banavuga ko ibi bishoboza no kuzateza amakimbirane mu miryango ndetse bikanagira ingaruka ku bana bizajya bigaragara ko atari ab’abagabo byakekwaga ko ari ba se.

Umunya-Israle arakekwaho kwica umugore we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − one =

Previous Post

Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame

Next Post

Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.