• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in AMAHANGA
0
Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’Umunya-Israel ari mu maboko ya Polisi y’Akarere ka Mpigi muri Uganda, akekwaho kwica umugore we, nyuma y’uko ibisubizo by’ibizamini bya DNA bigaragaje ko umwana byavugwaga ko babyaranye atari uwe.

Uyu mugabo witwa Raed Wated, yari asanzwe atuye mu gace ka Kalagala mu Karere ka Mpingi, yatahuwe nyuma y’uko agiye gutanga ikirego ko umugore we Monica Nabukenya w’imyaka 25 yaburiwe irengero kuva tariki 16 z’uku kwezi kwa Nyakanga.

Polisi yo muri aka Karere ivuga ko ariko uyu mugabo yakekaga ko umwana byavugwaga ko babyaranye, atari uwe, bituma ajya gukoresha ibizamini bya DNA, ndetse biza no kwemeza ko uwo mwana atari uwe koko.

Ubwo yahinduraga ageze mu rugo avuye gukoresha ibyo bizamini, yashyamiranye n’umugore we ndetse aza no kumwivugana, ubundi umurambo we awujugunya mu cyobo kiri hafi y’urugo.

Itangazo rya Polisi rigira riti “Mu ibazwa rye ryabereye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kayabawe, yajyanye Polisi iwe. Bakigerayo basanganizwa n’umwuka mubi w’umubiri wari waratangiye kwangirika. Barashakishije baza kuwubona mu cyobo. Nyuma yo kubazwa yemeye ko yishe umugore we amuhoye kuba ibizamini bya DNA byaragaragaje ko umwana batamubyaranye.”

Umugore wishwe

Umuvugizi w’agace ka Kayabwe ko muri aka Karere, Richard Ddumba, yavuze ko uyu mugabo n’umugore we nyakwigendera, babagaho mu buzima bw’ibanga, gusa ngo icyo yari abaziho, ni uko bari bafite umwana umwe.

Iyi ngingo yo gukoresha ibizamini bya DNA, imaze iminsi inagarukwaho mu Rwanda, nyuma y’uko Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga igaragaje ko umubare w’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA wikubye kane mu myaka ine ishize.

Bamwe mu baturage bagize icyo bavuga kuri iri tumbagira ry’imibare y’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA, bavuga ko ari ngombwa kuko muri iki gihe heze ingeso zo gucana inyuma, no kuba hari abakobwa bagereka inda ku bagabo atari izabo, bagamije kugira ngo bashyingiranwe.

Abandi banavuga ko ibi bishoboza no kuzateza amakimbirane mu miryango ndetse bikanagira ingaruka ku bana bizajya bigaragara ko atari ab’abagabo byakekwaga ko ari ba se.

Umunya-Israle arakekwaho kwica umugore we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame

Next Post

Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Mu buryo butungaranye umwe mu basitari bakomeye ku Isi yagaragaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.