Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UK: Polisi yatanze amakuru mashya ku cyatumye Raheem Sterling ava muri Qatar igitaraganya

radiotv10by radiotv10
05/12/2022
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO, UMUTEKANO
0
UK: Polisi yatanze amakuru mashya ku cyatumye Raheem Sterling ava muri Qatar igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Raheem Sterling avuye muri Qatar igitaraganya kubera ibibazo byari byabaye mu rugo rwe, Polisi yo muri UK yatangaje ko iri gukora iperereza ku bintu by’agaciro byibwe mu rugo rw’uyu mukinnyi.

Raheem Sterling yavuye muri Qatar aho yari kumwe na bagenzi be mu gikombe cy’Isi, ku wa Gatandatu yerecyeza mu Bwongereza.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Gareth Southgate kuri iki Cyumweru mbere yuko iyi kipe ihura na Senegal, yari yavuze kuri uyu mukinnyi wasubiye mu Bwongereza.

Uyu mutoza yavuze ko Raheem yagiye gukemura ikibazo kiri mu muryango we, ati “Twamuhaye uburenganzira bwo kujya kubikemura no gufasha umuryango we. Ubu ni cyo kintu cy’ibanze, rero turahamubera.”

Gareth Southgate yavuze ko nk’ikipe yose bifatanyije n’uyu mugenzi wabo wagize ibibazo byo mu muryango ariko yirinda kugira icyo abivugaho.

Kapiteni w’Ikipe y’u Bwongereza, Harry Kane na we yari yagize ati “Nkatwe nk’ikipe turamwifuriza amahirwe masa kandi twizeye ko tuzamubona yagarutse vuba.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Polisi yo mu Bwongereza, yatangaje ko iri gukora iperereza ku bujura bwakorewe mu rugo rwa Raheem Sterling, bw’ibikoresho by’agaciro birimo imikufi n’imidari ndetse n’amasaha.

Itangazo ryashyizwe hanze na Polisi ya Surrey, rivuga ko ubwo hakorwaga buriya bujura, nta muntu wari mu rugo rw’uyu mukinnyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 4 =

Previous Post

DRC: Aho kujya mu Misa bagiye mu myigaragambyo yo kwikoma u Rwanda

Next Post

Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu

Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.