Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umuturage ashake gutemesha umuhoro Umuyobozi muri Rutsiro

radiotv10by radiotv10
11/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage w’imyaka 30 ari gushakishwa nyuma yo kugerageza gutema Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro ubwo yitambikaga ubuyobozi bwari bugiye gufata umuvandimwe we ukekwaho ubujura.

Uri gushakishwa, yitwa Bernard wagerageje kwitambika ubuyobozi ubwo bwajyaga gufata umuvandimwe we Nshimiyumukiza Frédéric batuye mu Muduguru wa Nkamba mu Kagari ka Buhindure mu Murenge wa Kigeyo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko ibi byabaye mu ijoro ryo ku ya 09 Mata 2025 ubwo uwitwa Ndayisaba Fabrice utuye muri aka gace yibwaga ibikoresho birimo mudasobwa na telefone, hagakekwa ko byibwe na Nshimiyumukiza Frédéric.

Ubwo inzego zajyaga gufata uyu ukekwaho ubu bujura, umuvandiwe we witwa Bernard yitambitse inzego, ndetse yirukankana Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge ashaka kumutemesha umuhoro.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure wavuze ko hahise hatabwa muri yombi abantu babiri bakekwaho kwiba biriya bikoresho, barimo uyu Nshimyumukiza Frédéric w’imyaka 19 akaba umuvandimwe wa Bernard washatse gutema Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge.

SP Karekezi Twizere Bonaventure, yavuze ko uyu “Bernard

w’imyaka 30, yagerageje kwitambika imbere ubuyobozi bw’Umurenge akangisha Umuyobozi w’Umurenge umupanga kugira adafata abakekwaho icyaha.”

SP Karekezi Twizere Bonaventure yavuze ko uyu Bernard yahise atoroka, ubu akaba ari gushakishwa n’inzego kugira ngo abazwe ibi yakoze byo kwitambika inzego no gusagarira Umuyobozi.

Muri babiri bafashwe, uretse Nshimiyumukiza Frédéric, hatawe muri yombi kandi uwitwa Imaniranzi Jean d’Amour, ukekwaho ubufatanyacyaha muri ubu bujura aho bivugwa ko yacungiraga Frédéric ubwo yibaga ibyo bikoresho, aba bombi bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Kivumu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + three =

Previous Post

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Next Post

Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania araregwa ibyaha biremereye

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania araregwa ibyaha biremereye

Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania araregwa ibyaha biremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.