Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko wemeye kuba uhagaritse imirwano kugira ngo hakorwe ibikorwa by’ubutabazi, haravugwa umwuka utuje mu bice binyuranye.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD kiravuga ko nko muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo hatutumbaga umwuka w’imirwano, ubu na ho hatuje.

Sosiyete sivile yo muri aka gace, yahaye amakuru iki gitangazamakuru, yavuze ko kuri uyu wa mbere “nta mirwano yigeze ibaho”

Gusa abahaye amakuru iki gitangazamakuru, bavuga ko umutwe wa M23 uri kongera imbaraga mu duce twa Murambi na Kabugizi, ndetse ko hagaragaye imodoka z’abasirikare ba M23 berecyezaga muri utu duce.

Uwo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Turi kubona kongera imbaraga gukomeye kwa M23 mu misozi ya Kabugizi, i Murambi Ebwirabale. Hagaragaye komvowaye y’imodoka eshanu zo mu bwoko bwa jeep Land Cruiser zuzuye abantu zageze i Luhefu Kisale.”

Abo muri iyi miryango itari iya Leta bakomeza bagira bati “Abarwanyi ba M23 bageze i Luhefu, i Kisale na Mukwija ubundi basaba abapadiri kuva mu kigo cyabo, ndetse ku ya 03 Gashyantare abo bapadiri baragiye.”

Ni mu gihe Umuyobozi w’agateganyo wa Teritwari ya Kalehe ushinzwe ibibazo mu miyoborere, Archimède Karhebwa yatangaje ko kuri uyu wa Mbere habayeho imirwano hagati ya FARDC n’igisirikare ahitwa Nyamasasa.

Nanone kandi amakuru ava mu mujyi wa Goma uherutse gufatwa na M23, aravuga ko uyu mujyi utuje cyane, ndetse urujya n’uruza rw’abantu rukaba rwatangiye kubyuka n’ibikorwa by’ubucuruzi bikaba bisa nk’ibyatangiye gukora.

Haravugwa amakuru kandi ko hari abarwanyi benshi b’umutwe wa M23 bagiye bakurwa mu bindi bice, kugira ngo uyu mutwe wongere imbaraga mu gucungira umutekano uyu Mujyi wa Goma.

Mu itangazo ry’agahenge katangajwe na M23 ryagiye hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere, uyu mutwe wavuze ko wifuza ko ibikorwa by’ubutabazi bikorwa, ariko ko igihe cyose hagize abawanduranyaho cyangwa bagashaka guhungabanya umutekano wo mu bice ugenzura, utazabyihanganira uzahita uhaguruka ukabarwanya.

Umutwe wa M23 ubu ni wo ugenzura umujyi wa Goma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Next Post

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Related Posts

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

IZIHERUKA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho
MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.