Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko wemeye kuba uhagaritse imirwano kugira ngo hakorwe ibikorwa by’ubutabazi, haravugwa umwuka utuje mu bice binyuranye.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD kiravuga ko nko muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo hatutumbaga umwuka w’imirwano, ubu na ho hatuje.

Sosiyete sivile yo muri aka gace, yahaye amakuru iki gitangazamakuru, yavuze ko kuri uyu wa mbere “nta mirwano yigeze ibaho”

Gusa abahaye amakuru iki gitangazamakuru, bavuga ko umutwe wa M23 uri kongera imbaraga mu duce twa Murambi na Kabugizi, ndetse ko hagaragaye imodoka z’abasirikare ba M23 berecyezaga muri utu duce.

Uwo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Turi kubona kongera imbaraga gukomeye kwa M23 mu misozi ya Kabugizi, i Murambi Ebwirabale. Hagaragaye komvowaye y’imodoka eshanu zo mu bwoko bwa jeep Land Cruiser zuzuye abantu zageze i Luhefu Kisale.”

Abo muri iyi miryango itari iya Leta bakomeza bagira bati “Abarwanyi ba M23 bageze i Luhefu, i Kisale na Mukwija ubundi basaba abapadiri kuva mu kigo cyabo, ndetse ku ya 03 Gashyantare abo bapadiri baragiye.”

Ni mu gihe Umuyobozi w’agateganyo wa Teritwari ya Kalehe ushinzwe ibibazo mu miyoborere, Archimède Karhebwa yatangaje ko kuri uyu wa Mbere habayeho imirwano hagati ya FARDC n’igisirikare ahitwa Nyamasasa.

Nanone kandi amakuru ava mu mujyi wa Goma uherutse gufatwa na M23, aravuga ko uyu mujyi utuje cyane, ndetse urujya n’uruza rw’abantu rukaba rwatangiye kubyuka n’ibikorwa by’ubucuruzi bikaba bisa nk’ibyatangiye gukora.

Haravugwa amakuru kandi ko hari abarwanyi benshi b’umutwe wa M23 bagiye bakurwa mu bindi bice, kugira ngo uyu mutwe wongere imbaraga mu gucungira umutekano uyu Mujyi wa Goma.

Mu itangazo ry’agahenge katangajwe na M23 ryagiye hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere, uyu mutwe wavuze ko wifuza ko ibikorwa by’ubutabazi bikorwa, ariko ko igihe cyose hagize abawanduranyaho cyangwa bagashaka guhungabanya umutekano wo mu bice ugenzura, utazabyihanganira uzahita uhaguruka ukabarwanya.

Umutwe wa M23 ubu ni wo ugenzura umujyi wa Goma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Next Post

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.