Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko wemeye kuba uhagaritse imirwano kugira ngo hakorwe ibikorwa by’ubutabazi, haravugwa umwuka utuje mu bice binyuranye.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD kiravuga ko nko muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo hatutumbaga umwuka w’imirwano, ubu na ho hatuje.

Sosiyete sivile yo muri aka gace, yahaye amakuru iki gitangazamakuru, yavuze ko kuri uyu wa mbere “nta mirwano yigeze ibaho”

Gusa abahaye amakuru iki gitangazamakuru, bavuga ko umutwe wa M23 uri kongera imbaraga mu duce twa Murambi na Kabugizi, ndetse ko hagaragaye imodoka z’abasirikare ba M23 berecyezaga muri utu duce.

Uwo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Turi kubona kongera imbaraga gukomeye kwa M23 mu misozi ya Kabugizi, i Murambi Ebwirabale. Hagaragaye komvowaye y’imodoka eshanu zo mu bwoko bwa jeep Land Cruiser zuzuye abantu zageze i Luhefu Kisale.”

Abo muri iyi miryango itari iya Leta bakomeza bagira bati “Abarwanyi ba M23 bageze i Luhefu, i Kisale na Mukwija ubundi basaba abapadiri kuva mu kigo cyabo, ndetse ku ya 03 Gashyantare abo bapadiri baragiye.”

Ni mu gihe Umuyobozi w’agateganyo wa Teritwari ya Kalehe ushinzwe ibibazo mu miyoborere, Archimède Karhebwa yatangaje ko kuri uyu wa Mbere habayeho imirwano hagati ya FARDC n’igisirikare ahitwa Nyamasasa.

Nanone kandi amakuru ava mu mujyi wa Goma uherutse gufatwa na M23, aravuga ko uyu mujyi utuje cyane, ndetse urujya n’uruza rw’abantu rukaba rwatangiye kubyuka n’ibikorwa by’ubucuruzi bikaba bisa nk’ibyatangiye gukora.

Haravugwa amakuru kandi ko hari abarwanyi benshi b’umutwe wa M23 bagiye bakurwa mu bindi bice, kugira ngo uyu mutwe wongere imbaraga mu gucungira umutekano uyu Mujyi wa Goma.

Mu itangazo ry’agahenge katangajwe na M23 ryagiye hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere, uyu mutwe wavuze ko wifuza ko ibikorwa by’ubutabazi bikorwa, ariko ko igihe cyose hagize abawanduranyaho cyangwa bagashaka guhungabanya umutekano wo mu bice ugenzura, utazabyihanganira uzahita uhaguruka ukabarwanya.

Umutwe wa M23 ubu ni wo ugenzura umujyi wa Goma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Next Post

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.