Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA
1
Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 21 wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke wiga mu mwaka wa mbere wa Kaminuza, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, nyuma yuko bitahuwe ko ibihumbi 100 Frw yatse umubyeyi we avuga ko ari ayo guha abari bamushimuse, ari umutwe yamutekeraga, kugira ngo ayabone byoroshye.

Uyu musore witwa Kamanzi Donton ubu ari mu maboko ya RIB kuri Sitasiyo ya Shangi mu Karere ka Nyamasheke, aho akomoka muri aka Karere.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatanu, iwabo mu isantere ya Bushenge mu Murenge wa Bushenge, hari hakwirakwiye amakuru yavugaga ko ku mugoroba wo kuri uwo munsi, ari bwo uyu musore yatwawe n’abantu atazi mu modoka y’ibirahure bitabona.

Amakuru avuga ko uyu musore yongeye kugaragara mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, afite ibikomere ku kaboko ndetse n’imyambaro ye yacitse, aho yavugaga ko byakozwe n’abo bantu bamutwaye mu modoka y’ibirahure byijimye.

Umwe mu bacuruzi bo muri iyi santere, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya dukesha aya makuru, ko uyu musore yavugaga ko mbere yuko ajyanwa n’abo bantu, babanje kumutuma urwembe, ubundi bakamusaba kwinjira muri iyo modoka kugira ngo ajye kubarangira inzira y’aho berecyezaga.

Uyu mucuruzi yagize ati “Avuga ko ubwo yari ari kuri santere y’ubucuruzi ya Bushenge iyo modoka y’ibirahure byijimye yari irimo abagabo babiri bamubwira ko bakeneye urwembe, bamuha amafaranga Magana atanu ajya kurubagurira, asagutse arayabazanira.”

Uwo musore ngo yavuze ko abo bagabo bahise bamusaba kujya kubereka ahitwa Shangazi ku muhanda wa Rusizi-Huye, ari na bwo ngo bahitaga bamujyana, ndetse akagenda abereka inzira bagomba kunyura, ariko bageze ku muhanda werecyeza aho bari bamubajije, bakanga kuwukomeza ahubwo bakanyura ahandi.

Yavugaga ko yahise agira ikikango agasaba ko bamusiga aho, ariko ngo bakamwangira, ahubwo bahita bamutera ibintu mu maso agasinzira, ngo aho akangukiye, bakamusaba guhamagara ababyeyi be bakamwoherereza ibihumbi 100 kugira ngo bamurekure, ndetse ko ibyo byose babimubwiraga ari na ko bamukubita inkoni banamukebesha rwa rwembe ngo yari yabaguriye.

Ngo bigeze mu gicuku saa sita z’ijoro zirengaho iminota, ngo bakomeje kumwotsa igitutu, akaza guhamagara umubyeyi we akamwoherereza ayo mafaranga ku isaha ya saa saba zaburagaho umunota umwe.

Umwe mu babwiwe inkuru y’uyu musore, yagize ati “Bamaze kuyafata barongera bamuha ibimusinziriza bamuta muri iryo shyamba barigendera, akanguka ahava ataha ari bwo iwabo bamubonaga abahingutseho mu gitondo, afite ibisebe ku kuboko kw’iburyo ananiwe cyane.”

Akigera iwabo, umubyeyi we yahise amenyesha inzego z’umutekano, na zo zihita zitangira iperereza, ariko ziza gusanga uyu musore yabeshye, ahubwo ko ari imitwe yatekeye ababyeyi be kugira ngo bamuhe ayo mafaranga kuko yari ayakeneye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, yavuze ko uyu musore yemereye RIB ko ibyo yakoze byari imitwe yo kugira ngo abone aho akura amafaranga yo guhaha yari yarahawe na bagenzi be babiri babana aho bigana muri kaminuza ya Tumba College of Technology yo mu Ntara y’Amajyaruguru.

SP Karekezi ati “Kuko ari we bagenzi be bizeraga neza, bateranyije amafaranga 125 000 yo kubatunga ku ishuri barayamuha ngo ayabike, aho kuyabika yose ayakoramo ayajyana muri Betingi.”

Yakomeje agira ati “Akigezwa mu maboko y’Ubugenzacyaha, mu ibazwa rye byose yabyemeye avuga ko ari imitwe yahimbaga, anavuga byose uko byagenze n’icyabimuteye.”

SP Karekezi yavuze ko uyu musore yabwiye inzego ko ubu buryo yakoresheje, ari bwo yabonaga bwari kumufasha kugira ngo umubyeyi we amuhe ayo mafaranga mu buryo bworoshye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyomana Patrick says:
    5 months ago

    Imitwe iragwira uyu we ni professor muri lacasa se papel😂

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Next Post

Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.