Wednesday, August 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UMUTEKANO
0
Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

I Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarais ya Congo, ubu hari ituze nyuma y’uko hari abitwaje intwaro bagabye igitero bavuga ko bashaka gusubizaho Zaire ya Cyera, bagakura ubutegetsi mu maboko ya Felix Tshisekedi.

Amakuru aturuka i Kinshasa, avuga ko kuri iki Cyumweru nyuma y’uko habaye iki gitero cy’abantu bagera muri 40 bavugaga ko bagiye guhirika ubutegetsi, hiriwe ubwoba.

Ni igitero cyabaye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’igice (04:30’) za mu gitondo gihera ku rugo rwa Minisitiri w’Intebe Wungirije, akaba na Minisitiri w’Ubukungu, Vital Kamerhe, gikomereza mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Umuvugizi w’Ingabo za Congo, Maj Gen Slyvain Ekenge, yemeje ko abantu bane bo ku ruhande rw’aba bitwaje intwaro, bahasize ubuzima barimo uwari ubayoboye, Christian Malanga ukomoka muri Congo akaba afite n’ubwengihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Maj Gen Slyvain Ekenge yatangaje ko igisirikare cy’Igihigu cyitwaye neza, kikaburizamo iki gitero, ndetse kikanafata mpiri benshi mu bari bakigabye.

Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rigira riti “Guverinoma irashimira uburyo igisirikare n’inzego z’umutekano bitwaye, bakaburizamo iki gikorwa cyo kwigerezaho.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko mu gihe hagitegerejwe ibizava mu iperereza, “Guverinoma yizeza ko abaturage bose ko hafashwe ingamba zo gukaza umutekano w’inzego, ndetse n’abayobozi bakuru mu Mujyi wa Kinshasa.”

Nanone kandi Guverinoma yizeje Abaturage ko umutekano wabo urinzwe, ibasaba gukora imirimo yabo ntacyo bikanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − six =

Previous Post

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Next Post

Amakuru mashya atunguranye kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wagaragaye yitabiriye umwiherero w’Amavubi

Related Posts

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

by radiotv10
19/08/2025
0

Inzego z’umutekano muri Somalia zatangaje ko igitero simusiga cyagabwe ku birindiro bya Al Shabab, cyasize gihitanye benshi mu barwanyi b’uyu...

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

by radiotv10
19/08/2025
0

General Jean Bosco Ndayikengurukiye uri mu bagize uruhare mu ishingwa ry’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, afuniye muri Gereza...

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
19/08/2025
0

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga muri Kenya yatanze ibisobanuro ku itegeko rya Perezida William Ruto aherutse kwemeza, rigena Uhagarariye Igihugu cye (Consul-General)...

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
19/08/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bakozanyijeho n’aba Wazalendo mu gace ko muri Gurupoma ya Waloa Yungu, muri Teritwari ya Walikale muri Kivu...

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

by radiotv10
19/08/2025
0

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yagaragaje ko afite ubushake bwo kuzahurira mu biganiro bizamuhuza na Donald Trump wa Leta Zunze...

IZIHERUKA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana
MU RWANDA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

by radiotv10
19/08/2025
0

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

19/08/2025
Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

19/08/2025
Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

19/08/2025
Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

19/08/2025
Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

19/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya atunguranye kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wagaragaye yitabiriye umwiherero w’Amavubi

Amakuru mashya atunguranye kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wagaragaye yitabiriye umwiherero w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.