Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Le Messager de Ngozi yo mu Burundi, bwavuze ko bwishimiye kuba barandikiwe na Rayon Sports yifuza umukino wa gicuti, kuko bigaragaza ko iyi kipe y’i Burundi iri ku rwego rushimishije.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Umuco FM ikorera mu Burundi, Umuyobozi wa Le Messager de Ngozi, Manirakiza Marc yavuze ko ibaruwa bandikiwe na Rayon Sports yabagezeho.

Rayon Sports yari yandikiye Le Messager de Ngozi iyisaba umukino wa gicuti wazahuza aya makipe tariki 26 Werurwe.

Manirakiza Marc yagize ati “byaradushimishije kuko umaze kugira urugo ukabona ugutumira ngo uze umuramutse urumva ko ari intambwe nziza kuri le Messager de Ngozi.”

Yakomeje avuga ko nyuma yo kwakira ubu busabe bwa Rayon Sports, ubuyobozi bwa Le Messager de Ngozi bugiye kuvugana n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi kugira ngo barebe uko bazakina uriya mukino.

Yavuze ko bamaze gusubiza ubuyobozi bwa  Rayon Sports “tubabwira ko ibaruwa twayibonye kandi twemera ko uwo mukino twawukina.”

Avuga ko ubuyobozi bwa Le Messager de Ngozi  buri kuvugana n’ubwa Rayon Sports kugira ngo bazafatanye mu bijyanye n’ubushobozi.

Ati “Murabizi umupira w’amaguru ni umukino usaba ubushobozi, twavuga ko hari ibyo turi kuvugana ku ruhande rw’abayobozi ba Rayon Sports n’abayobozi ba le Messsager Ngozi.”

Avuga ko ubuyobozi bwa Le Messager de Ngozi bwiteguye kwakira igisubizo cya Rayon Sports ku byo babasabye kandi ko ubu batangiye umubano ku buryo na Rayon Sports bashobora kuzayitumira ikajya gukina mu Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 12 =

Previous Post

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

Next Post

NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga

NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.