Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Kajugujugu z’intambara zongeye gusuka ibisasu

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Kajugujugu z’intambara zongeye gusuka ibisasu
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yakomeje, aho uyu mutwe ushinja abo bahanganye kongera gukoresha indege z’intambara bakarasa mu bice bituwemo n’abaturage birimo Kirolirwe ahari kubera imirwano.

Iyi mirwano imaze ukwezi kurenga yubuye, ikomeje gukaza umurego, ndetse yarahinduye isura, kuko uyu mutwe wa M23 uvuga ko FARDC noneho iri no kurwanirwa n’igisirikare cy’u Burundi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 09 Ugushyingo 2023, umutwe wa M23 watangaje ko imirwano yakomereje mu gace ka Kirolirwe n’ubundi yabereyemo ku munsi w’ejo hashize.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko imirwano yatangiye saa kumi n’ebyiri n’iminota makumyabiri (06:20’).

Yagize ati “Aka kanya hari kuraswa ibisasu biremereye mu gace ka Kirolirwe ndetse no mu bice bihegereye muri Teritwari ya Masisi n’ibisasu bikomeye by’ubufatanye bwa Guverinoma ya Kinshasa.”

Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko umutwe wa M23 ukomeje kuguma mu birindiro byawo ndetse no kurinda abaturage.

Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, yongeye kwibutsa ko FARDC yongeye kwifashisha indege z’intambara ndetse n’imbunda ziremereye muri iyi mirwano, kandi iri kurasa ku baturage b’inzirakarengane.

Mu butumwa bwe, Lawrence Kanyuka yagize ati “Tuributsa umuryango w’imbere mu Gihugu n’umuryango mpuzamahanga ko Guverinoma ya Kinshasa iri gukoresha indege zayo n’imbunda ziremereye yica abaturage b’abasivile muri Kirolirwe n’ibice bihegereye.”

Uyu mutwe wa M23 ukomeje kuvugwaho kuba waramaze kugota umujyi wa Goma, wateye utwatsi ibyo kuba ari wo wateye ibura ry’umuriro w’amashanyarazi muri uyu mujyi ryabaye kuri uyu wa Kabiri, uvuga ko byakozwe na FARDC n’imitwe bafatanyije ubwo yarasaga bimwe mu bikorwa remezo bijyana umuriro muri uyu mujyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 11 =

Previous Post

RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

Next Post

Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo

Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.