Friday, June 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

radiotv10by radiotv10
20/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga
Share on FacebookShare on Twitter
  • Iran yavuze igishobora guhagararika intambara
  • Israel na yo yahize gukaza ibitero

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian yavuze ko iki Gihugu kidashobora guhagarika gusuka za misile kuri Israel igihe cyose iki Gihugu yise umwanzi kitarahagarika ibitero byacyo by’indege, mu gihe Minisitiri w’Ingabo wa Israel na we yasabye igisirikare gukaza ibitero kuri Iran.

Masoud Pezeshkian yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025 ku munsi wa munani w’intambara ihanganishije Igihugu abereye Perezida cya Iran na Israel.

Ni mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, n’ubundi impande zombe zakomeje kurasana, aho indege itagira abapilote ya Israel yarashe inyubako ituwemo n’abaturage iherereye mu Gace ka Gisha mu Murwa mukuru wa Iran.

Ku ruhande rwa Iran, na yo yakomeje kohereza ibisasu bya Misile kuri Israel byumwihariko mu bice byo mu majyepfo y’iki Gihugu cya Israel.

Perezida wa Iran, yavuze ko uburyo bwonyine bwarangiza iyi mirwano, ari ukuba Israel yahagarika ibitero byayo yatangije kuri iki Gihugu cye.

Aganira n’Itangazamakuru ryo muri Iran, Masoud Pezeshkian yagize ati “Igihe cyose twahoze twifuza amahoro n’ituze.”

Akomeza agira ati “Nkurikije uko ibintu byifashe ubu, amahoro arambye azashoboka ari uko abanzi b’aba- Zionist bahagaritse ibitero byabo, kandi bagatanga icyizere cyo guhagarika ubushotoranyi bwabo bw’ibikorwa by’iterabwoba.”

Pezeshkian yaburiye Israel ko “Kutabasha kubikora [guhagarika ibitero] bizakomeza gusunikira Iran gusubiza ibyo bitero kuri Israel izahora yicuza.”

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz; mu itangazo yatanze kuri uyu wa Gatanu rigenewe igisirikare, yagisabye gukaza ibitero kuri Iran bigamije gushegesha ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Yagize ati “Tugomba kurasa ku birango byose by’ubutegetsi ndetse n’ibikorwa byose bihonyora abaturage, nka Basij [Igisirikare cya Iran], ndetse n’ibirindiro by’ubutegetsi ndetse na Revolutionary Guard.”

Israel Katz kandi ejo yari yatangaje ku karubanda ko Israel yifuza kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Chorale de Kigali yizeye kuzongera kubona Madamu Jeannette Kagame mu gitaramo cyayo

Next Post

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Related Posts

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

by radiotv10
19/06/2025
0

Constant Mutamba, the former Minister of Justice in the Democratic Republic of Congo (DRC), who recently resigned amid corruption allegations,...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
19/06/2025
0

Mu bice binyuranye mu Ntara ya Kivu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa imirwano ikomeje gukaza umurego...

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

by radiotv10
19/06/2025
0

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya...

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

by radiotv10
18/06/2025
0

Polisi ya Kenya ikomeje guhangana n’urubyiruko rw'Aba-Gen Z ruri mu myigaragambyo yakajije umurego, yatangaje ko yataye muri yombi Umupolisi warashe...

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

by radiotv10
18/06/2025
0

Ibihugu bya Israel na Iran byongeye kurasana za misile ziremereye, ari na ko hakomeza gutangwa umuburo ku baturage ko aho...

IZIHERUKA

Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Mu Rwanda hatanzwe ikiruhuko rusange hafi icyumweru

by radiotv10
20/06/2025
0

The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

20/06/2025
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

20/06/2025
Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?

Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?

20/06/2025
Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

20/06/2025
Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

20/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n'umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Mu Rwanda hatanzwe ikiruhuko rusange hafi icyumweru

The rise and fall of hustle culture

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.