- Iran yavuze igishobora guhagararika intambara
- Israel na yo yahize gukaza ibitero
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian yavuze ko iki Gihugu kidashobora guhagarika gusuka za misile kuri Israel igihe cyose iki Gihugu yise umwanzi kitarahagarika ibitero byacyo by’indege, mu gihe Minisitiri w’Ingabo wa Israel na we yasabye igisirikare gukaza ibitero kuri Iran.
Masoud Pezeshkian yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025 ku munsi wa munani w’intambara ihanganishije Igihugu abereye Perezida cya Iran na Israel.
Ni mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, n’ubundi impande zombe zakomeje kurasana, aho indege itagira abapilote ya Israel yarashe inyubako ituwemo n’abaturage iherereye mu Gace ka Gisha mu Murwa mukuru wa Iran.
Ku ruhande rwa Iran, na yo yakomeje kohereza ibisasu bya Misile kuri Israel byumwihariko mu bice byo mu majyepfo y’iki Gihugu cya Israel.
Perezida wa Iran, yavuze ko uburyo bwonyine bwarangiza iyi mirwano, ari ukuba Israel yahagarika ibitero byayo yatangije kuri iki Gihugu cye.
Aganira n’Itangazamakuru ryo muri Iran, Masoud Pezeshkian yagize ati “Igihe cyose twahoze twifuza amahoro n’ituze.”
Akomeza agira ati “Nkurikije uko ibintu byifashe ubu, amahoro arambye azashoboka ari uko abanzi b’aba- Zionist bahagaritse ibitero byabo, kandi bagatanga icyizere cyo guhagarika ubushotoranyi bwabo bw’ibikorwa by’iterabwoba.”
Pezeshkian yaburiye Israel ko “Kutabasha kubikora [guhagarika ibitero] bizakomeza gusunikira Iran gusubiza ibyo bitero kuri Israel izahora yicuza.”
Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz; mu itangazo yatanze kuri uyu wa Gatanu rigenewe igisirikare, yagisabye gukaza ibitero kuri Iran bigamije gushegesha ubutegetsi bw’iki Gihugu.
Yagize ati “Tugomba kurasa ku birango byose by’ubutegetsi ndetse n’ibikorwa byose bihonyora abaturage, nka Basij [Igisirikare cya Iran], ndetse n’ibirindiro by’ubutegetsi ndetse na Revolutionary Guard.”
Israel Katz kandi ejo yari yatangaje ku karubanda ko Israel yifuza kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei.
RADIOTV10