Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko umukozi wa ‘Mobile Money’ yafashishije Polisi gufata uwakwirakwizaga amafaranga y’amiganano

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in MU RWANDA
0
Uko umukozi wa ‘Mobile Money’ yafashishije Polisi gufata uwakwirakwizaga amafaranga y’amiganano
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 25 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, afite ibihumbi 61 Frw y’amiganano, nyuma y’uko umukozi utanga serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga amutungiye agatoki Polisi.

Uyu mugabo yafatiwe mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ya Nyagatovu mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko agiye kubitsa ibihumbi 17 Frw ku mukozi utanga serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga.

Yagize ati “Uwo mukozi yitegereje amafaranga yari amuhaye, abona ni amiganano, ni ko guhita yihutira guhamagara Polisi, abapolisi bakihagera baramusaka bamusangana andi ibihumbi 44Frw na yo y’amiganano.”

Nyuma y’uko uyu mugabo afashwe na Polisi, yahise yiyemerera ko yari abizi ko ari amiganano, gusa avuga ko yayahawe na mugenzi we ariko ntiyavuga uwo ari we.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Twajamahoro yashimiye uyu mukozi wagize amakenga ubwo yakiraga amafaranga akabanza kuyitegereza mbere y’uko amubikira ndetse yamara no kubona ko ayo mafaranga atujuje ubuziranenge akihutira gutanga amakuru.

Yaboneyeho kugira inama abakora muri serivisi bahuriramo no kwakira amafaranga, nk’abavunja ndetse n’aba batanga serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga.

Ati “mbere y’uko bayabika bagomba kubanza kuyagenzura, babona atujuje ubuziranenge bakihutira kubimenyesha Polisi.”

Uyu mugabo wafatanywe amafaranga y’amiganano, yahise ashyikirizwa Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kimironko kugira ngo akorerwe dosiye, mu gihe iperereza rikomeje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − six =

Previous Post

Hatangajwe ibyemerejwe mu kiganiro cya Ambasaderi Rosemary n’Umuyobozi w’Umurwa mukuru wa Ghana

Next Post

Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.