Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko umukozi wa ‘Mobile Money’ yafashishije Polisi gufata uwakwirakwizaga amafaranga y’amiganano

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in MU RWANDA
0
Uko umukozi wa ‘Mobile Money’ yafashishije Polisi gufata uwakwirakwizaga amafaranga y’amiganano
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 25 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, afite ibihumbi 61 Frw y’amiganano, nyuma y’uko umukozi utanga serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga amutungiye agatoki Polisi.

Uyu mugabo yafatiwe mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ya Nyagatovu mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko agiye kubitsa ibihumbi 17 Frw ku mukozi utanga serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga.

Yagize ati “Uwo mukozi yitegereje amafaranga yari amuhaye, abona ni amiganano, ni ko guhita yihutira guhamagara Polisi, abapolisi bakihagera baramusaka bamusangana andi ibihumbi 44Frw na yo y’amiganano.”

Nyuma y’uko uyu mugabo afashwe na Polisi, yahise yiyemerera ko yari abizi ko ari amiganano, gusa avuga ko yayahawe na mugenzi we ariko ntiyavuga uwo ari we.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Twajamahoro yashimiye uyu mukozi wagize amakenga ubwo yakiraga amafaranga akabanza kuyitegereza mbere y’uko amubikira ndetse yamara no kubona ko ayo mafaranga atujuje ubuziranenge akihutira gutanga amakuru.

Yaboneyeho kugira inama abakora muri serivisi bahuriramo no kwakira amafaranga, nk’abavunja ndetse n’aba batanga serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga.

Ati “mbere y’uko bayabika bagomba kubanza kuyagenzura, babona atujuje ubuziranenge bakihutira kubimenyesha Polisi.”

Uyu mugabo wafatanywe amafaranga y’amiganano, yahise ashyikirizwa Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kimironko kugira ngo akorerwe dosiye, mu gihe iperereza rikomeje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

Hatangajwe ibyemerejwe mu kiganiro cya Ambasaderi Rosemary n’Umuyobozi w’Umurwa mukuru wa Ghana

Next Post

Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.