Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bakekwaho kwiba moto, bafatiwe mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, nyuma yuko umuturage abanyuzeho bari kugurisha icyo kinyabiziga bari bibye mu Ntara y’Iburasirazuba, agahita abimenyesha Polisi.

Aba basore bafaswe ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, barimo uw’imyaka 23 y’amavuko n’uwa 21, bombi bafatiwe mu Mudugudu wa Kamabuye mu Kagari ka Jamba mu Murenge wa Nyamiyaga.

Bafatanywe moto ifite nimero ya Pulake ya RF 440 D, mu gitondo saa mbiri, ubwo bariho bayishakira umukiliya ngo ayibagurire.

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga, yavuze ko ifatwa ry’aba basore bakekwaho ubujura, ryaturutse ku makuru yatanzwe n’umuturage.

Yagize ati “Umuturage wo Mudugudu wa Kamabuye yahaye amakuru Polisi ko hari abagabo anyuzeho barimo gushakira umukiriya moto bicyekwa ko ari iyo bibye. Hagendewe kuri ayo makuru  abapolisi bihutiye kuhagera babafatira mu cyuho batarayigurisha, bababajije ibyangombwa byayo barabibura.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba basore bakimara gufatwa, bemeye ko iyo moto bafatanywe ari iyo bibye aho bayisanze iparitse mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.

Aba basore bavuga ko bakomoka mu Karere ka Gatsibo, babwiye Polisi ko bagiye kuyigurisha mu Karere ka Gicumbi kuko bumvaga ari ho kure ku buryo bitamenyekana.

Amakuru kandi yaje kumenyekana ko iki kinyabiziga cyari kibwe, ari icy’umuturage wo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ari na ho hibiwe iyi moto.

SP Ndayisenga yashimiye umuturage watanze amakuru yatumye iriya moto iboneka ndetse n’abacyekwaho kuyiba bagafatwa, atanga umuburo ku bagitekereza kwishora mu bujura ko nta mahirwe bazagira kubera imikoranire myiza iri hagati ya Polisi n’abaturage mu kurwanya ibyaha.

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza, moto na yo ishyikirizwa nyirayo.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko; ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo kwiba byakozwe nijoro; cyangwa byakozwe n’abantu barenze umwe (1).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + seventeen =

Previous Post

Ibyaha biregwa umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda birimo ibigayitse

Next Post

Shaddyboo i Burayi yatunguranye mu gitaramo yakoreyemo umuhanzi w’umunyabigwi ibyamukubaganyije mu bwonko

Related Posts

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America
MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

06/11/2025
Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shaddyboo i Burayi yatunguranye mu gitaramo yakoreyemo umuhanzi w’umunyabigwi ibyamukubaganyije mu bwonko

Shaddyboo i Burayi yatunguranye mu gitaramo yakoreyemo umuhanzi w’umunyabigwi ibyamukubaganyije mu bwonko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.