Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki
Share on FacebookShare on Twitter

Musangabatware Clement usanzwe akora ikiganiro ‘Isangano’ gitambuka kuri TV10, ari mu batorewe guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Musangabatware wanabaye Umuvunyi Wungirije ushinzwe kurwanya ruswa, amaze iminsi akora ikiganiro ‘Isangano’ kuri TV10 cyagarukaga ku isesengura ry’ingingo zinyuranye mu bya politiki.

Yabaye umwe mu Badepite batandatu bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Uretse Musangabatware Clement, hanatowe Harebamungu Mathias wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri w’Uburezi wari ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye.

Harebamungu Mathias na we uri mu bagiye guhagararira u Rwanda muri EALA, muri 2015 yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, aza kuvanwa kuri uyu mwanya muri 2020 asimburwa na Amb. Jean Pierre Karabaranga.

Hatowe kandi Fatuma Ndangiza wari usanzwe ari Umudepite muri EALA ahagarariye u Rwanda muri iyi Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Hanatowe kandi Nyiramana Aisha, Kayonga Caroline Rwivanga.

Uyu munsi kandi hanatowe Abadepite batatu bo mu byiciro byihariye, birimo icy’uhagarariye Urubyiruko, icy’abagore ndetse n’icy’uhagarariye abafite ubumuga. Bose bakaba bamenyekanye uko ari icyenda bazahagararira u Rwanda muri EALA.

Urutonde rw’abatowe bose uko ari icyenda (9)

  1. Fatuma N. Ndangiza
  2. Kayonga Caroline Rwivanga
  3. Harebamungu Mathias
  4. Rutazana Francine
  5. Nyiramana Aisha
  6. Musangabatware Clement
  7. Uwumukiza Françoise
  8. Iradukunda Alodie
  9. Bahati Alex
Musangabatware uwa mbere uhereye iburyo
Aya matora yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 4 =

Previous Post

Nyuma y’imyaka 30 Guverinoma ya Congo yisanishije n’iya Habyarima mu nyito y’igitabo

Next Post

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.