Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki
Share on FacebookShare on Twitter

Musangabatware Clement usanzwe akora ikiganiro ‘Isangano’ gitambuka kuri TV10, ari mu batorewe guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Musangabatware wanabaye Umuvunyi Wungirije ushinzwe kurwanya ruswa, amaze iminsi akora ikiganiro ‘Isangano’ kuri TV10 cyagarukaga ku isesengura ry’ingingo zinyuranye mu bya politiki.

Yabaye umwe mu Badepite batandatu bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Uretse Musangabatware Clement, hanatowe Harebamungu Mathias wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri w’Uburezi wari ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye.

Harebamungu Mathias na we uri mu bagiye guhagararira u Rwanda muri EALA, muri 2015 yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, aza kuvanwa kuri uyu mwanya muri 2020 asimburwa na Amb. Jean Pierre Karabaranga.

Hatowe kandi Fatuma Ndangiza wari usanzwe ari Umudepite muri EALA ahagarariye u Rwanda muri iyi Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Hanatowe kandi Nyiramana Aisha, Kayonga Caroline Rwivanga.

Uyu munsi kandi hanatowe Abadepite batatu bo mu byiciro byihariye, birimo icy’uhagarariye Urubyiruko, icy’abagore ndetse n’icy’uhagarariye abafite ubumuga. Bose bakaba bamenyekanye uko ari icyenda bazahagararira u Rwanda muri EALA.

Urutonde rw’abatowe bose uko ari icyenda (9)

  1. Fatuma N. Ndangiza
  2. Kayonga Caroline Rwivanga
  3. Harebamungu Mathias
  4. Rutazana Francine
  5. Nyiramana Aisha
  6. Musangabatware Clement
  7. Uwumukiza Françoise
  8. Iradukunda Alodie
  9. Bahati Alex
Musangabatware uwa mbere uhereye iburyo
Aya matora yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Nyuma y’imyaka 30 Guverinoma ya Congo yisanishije n’iya Habyarima mu nyito y’igitabo

Next Post

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.