Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki
Share on FacebookShare on Twitter

Musangabatware Clement usanzwe akora ikiganiro ‘Isangano’ gitambuka kuri TV10, ari mu batorewe guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Musangabatware wanabaye Umuvunyi Wungirije ushinzwe kurwanya ruswa, amaze iminsi akora ikiganiro ‘Isangano’ kuri TV10 cyagarukaga ku isesengura ry’ingingo zinyuranye mu bya politiki.

Yabaye umwe mu Badepite batandatu bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Uretse Musangabatware Clement, hanatowe Harebamungu Mathias wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri w’Uburezi wari ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye.

Harebamungu Mathias na we uri mu bagiye guhagararira u Rwanda muri EALA, muri 2015 yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, aza kuvanwa kuri uyu mwanya muri 2020 asimburwa na Amb. Jean Pierre Karabaranga.

Hatowe kandi Fatuma Ndangiza wari usanzwe ari Umudepite muri EALA ahagarariye u Rwanda muri iyi Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Hanatowe kandi Nyiramana Aisha, Kayonga Caroline Rwivanga.

Uyu munsi kandi hanatowe Abadepite batatu bo mu byiciro byihariye, birimo icy’uhagarariye Urubyiruko, icy’abagore ndetse n’icy’uhagarariye abafite ubumuga. Bose bakaba bamenyekanye uko ari icyenda bazahagararira u Rwanda muri EALA.

Urutonde rw’abatowe bose uko ari icyenda (9)

  1. Fatuma N. Ndangiza
  2. Kayonga Caroline Rwivanga
  3. Harebamungu Mathias
  4. Rutazana Francine
  5. Nyiramana Aisha
  6. Musangabatware Clement
  7. Uwumukiza Françoise
  8. Iradukunda Alodie
  9. Bahati Alex
Musangabatware uwa mbere uhereye iburyo
Aya matora yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Nyuma y’imyaka 30 Guverinoma ya Congo yisanishije n’iya Habyarima mu nyito y’igitabo

Next Post

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.