Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukoresha Twitter cyane uregwa icyaha cyihariye yabwiye Urukiko ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ukunze gukoresha Twitter yatawe muri yombi na RIB hanatangazwa amakuru mashya kuri we
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore uzwi nka Ntama w’Imana kuri Twitter, ukekwaho icyaha cyo gushishikariza abantu gusambanya abana, yagejejwe imbere y’Urukiko anasabirwa igihano, mu gihe we yasabye kurekurwa kugira ngo ajye gukosora amakosa yakoze, agakoresha imbuga nkoranyambaga atanga ubutumwa bwubaka.

Uyu musore usanganywe amazina ya Tuyisenge Evariste akaba akoresha izina rya NTAMA W’IMANA 2 kuri Twitter, yatawe muri yombi mu mpera z’ukwezi gushize, nyuma yuko atambukije ubutumwa kuri uru rubuga nkoranyambaga, bwo gushishikariza abantu gusambanya abana.

Icyo gihe ubwo yatabwaga muri yombi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwari rwashyize hanze itangazo, rwavugaga ko uretse iki cyaha cyo gushishikariza abantu gukora icyaha akoresheje ikoranabuhanga, iperereza ry’ibanze ryari ryanagaragaje ko akoresha ibiyobyabwenge.

Kuri uyu wa Kane tariki 06 Mata 2023, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku cyaha akurikiranyweho.

Ubushinjacyaha bwazanye uyu musore imbere y’Urukiko bumurega icyaha gikoresheje ikoranabuhanga, bwasabye Umucamanza kumuhamya icyaha, akamukatira gufungwa imyaka itatu.

Uregwa waburanye yunganiwe n’Umunyamategeko Me Muramira Innocent, yemeye icyaha, ndetse anagisabira imbabazi.

Uyu musore wari wanasabye imbabazi ku butumwa yari yatambukije bwo gushishikariza abantu gusambanya abana, mu butumwa yari yanyujije kuri Twitter bwaje bukurikira ubwo, yari yasabye imbabazi.

Kuri uyu wa Kane, Tuyisenge Evariste yongeye kuzisabira mu Rukiko, ndetse abwira Umucamanza ko narekurwa, azakosora ibyo yakoze agakoresha imbuga nkoranyambaga noneho mu gutambutsa ubutumwa bwubaka ashishikariza abantu kwirinda ibyaha.

Urukiko rwaburanishije uru rubanza rwahise rurupfundikira, rwanzura ko ruzasoma icyemezo cyarwo mu cyumweru gitaha tariki 14 Mata 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Ufitanye isano n’uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Next Post

Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

by radiotv10
17/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka...

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu
MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

17/10/2025
Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

17/10/2025
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi

Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.