Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

radiotv10by radiotv10
24/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Rayon Sports, Ayabonga Lebitsa, yatanze umucyo ku byavugwaga ko yaba agiye kwerecyeza mu makipe arimo APR FC.

Uyu Munya-Afurika y’Epfo umaze imyaka ibiri ari umutoza wa Rayon Sports wongerera imbaraga abakinnyi (Fitness Coach) yakomeje gushimwa na benshi nk’umukozi ukora kinyamwuga. Gusa ageze ku musozo w’amasezerano ye yasinywe mu mpeshyi ya 2023 akavugururwa muri Nyakanga ya 2024.

Yakunzwe n’abakunzi ba Rayon Sports cyane kuko yasigaranye ikipe kenshi ubwo abatoza bakuru banyuranye babaga basezeye cyangwa birukanywe muri iyi kipe.

Abatoza bakoranye muri iyi myaka ibiri ni; Umunya-Tunisia Yamen Zelfani, Umunya-Mauritania Mohamed Wade, Umufaransa Julien Mette, n’umunya-Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho.

Mu kiganiro kihariye Ayabonga yagiranye na RADIOTV10 yahamije ko amasezerano ye azarangira mu kwezi gutaha (Kamena 2025) ariko ahakana amakuru avuga ko ari mu biganiro na APR FC na Police FC zihora zihanganiye ibikombe na Rayon Sports atoza.

Ayabonga Lebitsa yagize ati “Ni ibIhuha rwose. Ubu icyo ntekerezaho ni ugushaka ibyiza muri Rayon Sports. Nagerageje gukurikirana aho byavuye nsanga ni ibihuha byahimbwe ku mpamvu ntashaka kuvugaho ariko barabeshya. Nta muntu wo muri APR FC cyangwa Police FC urampamagara ambwira ko anyifuza. Mfite inzozi zo kuzava muri Rayon Sports njya mu makipe yisumbuyeho nk’ay’iwacu muri Afurika y’Epfo cyangwa ahandi kuri uyu mugabane.”

Ayabonga Lebitsa yafashije Rayon Sports kubona itike yo kuzasohokera u Rwanda mu marushanwa ya CAF nubwo ikipe atoza yatsindiwe ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ubu ikaba iri ku mwanya wa Kabiri muri Shampiyona y’u Rwanda ibura imikino ibiri ngo irangire.

Ayabonga Lebitsa yahakanye amakuru yavugaga ko yaba agiye kwerecyeza muri APR FC
Yishimirwa n’abakinnyi ba Rayon Sports

Roben NGABO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Next Post

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n'ikipe ya Manchester United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.