Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ku cyatumye bamwe mu bari bitabiriye Inteko ya Rayon basohorwa itararangira

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ku cyatumye bamwe mu bari bitabiriye Inteko ya Rayon basohorwa itararangira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakozi b’Ikipe ya Rayon Sports bari bitabiriye Inteko Rusange y’iyi kipe, bakaza gusohorwa ubwo yari irimbanyije, biravugwa ko byakozwe kugira ngo haganirwe ku mwuka mubi uvugwa hagati ya bamwe mu bari mu buyobozi bwayo.

Iyi Nteko Rusange isanzwe yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yari imaze igihe itegerejwe, aho benshi bibazaga ikigomba kuyigirwamo n’imyanzuro ishobora kuyivamo, dore ko yateranye hamaze igihe havugwa umwuka utari mwiza muri bamwe mu bafite ijambo muri Rayon.

Ubwo iyi nama yari irimbanyije muri imwe muri Hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, amakuru avuga ko bamwe mu bakozi b’iyi kipe ya Rayon Sports, basohowe mu cyumba yaberagamo.

Abasohowe mu cyumba cyaberagamo iyi Nteko Rusange, barimo Umuvugizi wa Rayon Sports, Ngabo Roben, n’Umuhuzabikorwa w’abafana b’iyi kipe, Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Matic.

Gusohorwa kwabo ntibyari bigamije kugira ikindi bahishwa, ahubwo kwari ukugira ngo haganirwe ku mwuka mubi uvugwa hagati ya Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée n’umwungirije Visi Pereza wa mbere, Muhirwa Prosper.

Ngo muri uwo mwanya wasohowemo bamwe mu bakozi ba Rayon, Komite ishinzwe gukemura amakimbirane muri iyi kipe, yashashe inzobe n’aba bavugwagaho kudahuza, ku kutavuga rumwe biri hagati yabo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko ikibazo kitarangiye muri uwo mwanya, ari na bwo Komite ishinzwe gukemura amakimbirane, yafataga umwanzuro wo kuzabatumiza, ubundi buri wese akagaragaza icyo atishimira kuri mugenzi we.

Iyi Komite ishinzwe gukemura amakimbirane nimara kumva aba bombi, hazabaho umwanya wo gufata umwanzuro, kandi utangarizwe abanyamuryango b’iyi kipe ya Rayon Sports.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − thirteen =

Previous Post

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Next Post

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Related Posts

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

by radiotv10
29/10/2025
0

Rayon Sports ishobora kubura umutoza w’umunya-Senegal, Serigne Saliou Dia bari bumvikanye, nyuma yuko aje ku rutonde rw’abashobora guhabwa akazi mu...

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim...

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

The Rwanda Football Federation (FERWAFA) has announced that the Video Assistant Referee (VAR) technology, which helps improve refereeing decisions, will...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.