Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Ihagarikwa ry’Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Robertinho, riratangwaho ibisobanuro bibusanye, aho itangazo ry’ubuyobozi bw’iyi kipe, rivuga ko ryatewe n’uburwayi, mu gihe Perezida wayo yavuze ko ari umusaruso mubi.

Amakuru y’ihagarikwa ry’umutoza Robertinho, yatangiye bivugwa ko yahagarikiwe rimwe na Mazimpaka André usanzwe ari Umutoza w’Abanyezamu, bombi bahagaritswe kubera umusaruro udashimishije.

Gusa mu itangazo ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mata 2025, ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwavuze ko “Umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ yahagaritswe by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi.”

Ni mu gihe mu kiganiro Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko umutoza Robertinho yahagaritswe kubera umusaruro mucye.

Yagize ati “Robertinho ntabwo twamuhagaritse, twamususupanze [guhagarikwa by’agateganyo] igihe cy’amezi abiri, kubera umusaruro mucye mbere na mbere, no kubera izindi mpamvu zitandukanye umuntu atakwinjiramo cyane ariko iyo ni yo mpamvu nyamukuru.”

Thadée Twagirayezu yavuze kandi ko indi mpamvu, ari ukuba abakinnyi ba Rayon Sports baherutse gukora igisa no kwigumura basaba umushahara wabo, ariko umutoza ntabashe gucubya ibyo bibazo.

Ati “Kandi tubafitiye ukwezi kumwe. Nubwo wenda guhari ariko ntabwo byakabaye ukurikije umuco w’umupira w’amaguru cyangwa uko bimeze. Ibyo byose rero no kutabasha kumanajinga [kugenzura imyitwarire] abakinnyi ngo abashyire hamwe na byo ni ibindi bibazo.”

Naho ku ihagarikwa ry’Umutoza w’Abanyezamu Mazimpaka André, Perezida wa Rayon yavuze ko na we yahagaritswe by’agateganyo igihe kitazwi na we kubera ibibazo by’umusaruro mucye.

Ati “Hari ibyo tukiri guperereza ku byerekeranye n’umusaruro mucye tumaze iminsi tubona n’abazamu, [umunyamakuru: Cyane cyane kuri uriya mukino na Marines] yego n’indi mikino yawubanjirije, na we hari ibyo twagiye tubonamo biri aho…”

Yavuze kandi ko kuri uyu mutoza w’abanyezamu, hiyongeraho ikindi kibazo cyo kuba yaragiye gufata agahimbazamusyi k’abakinnyi kari katanzwe n’umufana, ariko aho kukabashyikiriza akagakubita ku mufuka we.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Rayon Sports kuri uyu wa Mbere, bwavugaga ko uyu mutoza w’abanyezamu we yazize imyitwarire mibi.

Perezida wa Rayon, Thadée Twagirayezu ahumuriza abakunzi b’iyi kipe ko “nta gikuba cyacitse ni ibisanzwe, umutoza arahari wari wungirije Robertinho kandi ndashaka ko n’abafana batabona ko ari ikibazo gikomeye ko ahubwo babibone nk’igisubizo, tujye i Butare tuzakina na Mukura, dukore akazi kacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Uko umuhanzi Jose Chameleone amerewe nyuma y’indwara yari yatumye benshi bamuhangayikira

Next Post

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

IZIHERUKA

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi
MU RWANDA

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

17/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.