Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Ihagarikwa ry’Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Robertinho, riratangwaho ibisobanuro bibusanye, aho itangazo ry’ubuyobozi bw’iyi kipe, rivuga ko ryatewe n’uburwayi, mu gihe Perezida wayo yavuze ko ari umusaruso mubi.

Amakuru y’ihagarikwa ry’umutoza Robertinho, yatangiye bivugwa ko yahagarikiwe rimwe na Mazimpaka André usanzwe ari Umutoza w’Abanyezamu, bombi bahagaritswe kubera umusaruro udashimishije.

Gusa mu itangazo ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mata 2025, ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwavuze ko “Umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ yahagaritswe by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi.”

Ni mu gihe mu kiganiro Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko umutoza Robertinho yahagaritswe kubera umusaruro mucye.

Yagize ati “Robertinho ntabwo twamuhagaritse, twamususupanze [guhagarikwa by’agateganyo] igihe cy’amezi abiri, kubera umusaruro mucye mbere na mbere, no kubera izindi mpamvu zitandukanye umuntu atakwinjiramo cyane ariko iyo ni yo mpamvu nyamukuru.”

Thadée Twagirayezu yavuze kandi ko indi mpamvu, ari ukuba abakinnyi ba Rayon Sports baherutse gukora igisa no kwigumura basaba umushahara wabo, ariko umutoza ntabashe gucubya ibyo bibazo.

Ati “Kandi tubafitiye ukwezi kumwe. Nubwo wenda guhari ariko ntabwo byakabaye ukurikije umuco w’umupira w’amaguru cyangwa uko bimeze. Ibyo byose rero no kutabasha kumanajinga [kugenzura imyitwarire] abakinnyi ngo abashyire hamwe na byo ni ibindi bibazo.”

Naho ku ihagarikwa ry’Umutoza w’Abanyezamu Mazimpaka André, Perezida wa Rayon yavuze ko na we yahagaritswe by’agateganyo igihe kitazwi na we kubera ibibazo by’umusaruro mucye.

Ati “Hari ibyo tukiri guperereza ku byerekeranye n’umusaruro mucye tumaze iminsi tubona n’abazamu, [umunyamakuru: Cyane cyane kuri uriya mukino na Marines] yego n’indi mikino yawubanjirije, na we hari ibyo twagiye tubonamo biri aho…”

Yavuze kandi ko kuri uyu mutoza w’abanyezamu, hiyongeraho ikindi kibazo cyo kuba yaragiye gufata agahimbazamusyi k’abakinnyi kari katanzwe n’umufana, ariko aho kukabashyikiriza akagakubita ku mufuka we.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Rayon Sports kuri uyu wa Mbere, bwavugaga ko uyu mutoza w’abanyezamu we yazize imyitwarire mibi.

Perezida wa Rayon, Thadée Twagirayezu ahumuriza abakunzi b’iyi kipe ko “nta gikuba cyacitse ni ibisanzwe, umutoza arahari wari wungirije Robertinho kandi ndashaka ko n’abafana batabona ko ari ikibazo gikomeye ko ahubwo babibone nk’igisubizo, tujye i Butare tuzakina na Mukura, dukore akazi kacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Uko umuhanzi Jose Chameleone amerewe nyuma y’indwara yari yatumye benshi bamuhangayikira

Next Post

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.