Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

radiotv10by radiotv10
11/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Karere ka Rutsiro rwataye muri yombi umusore w’imyaka 18 ukekwaho kuba yarasambanyije umwana w’umukobwa ufite uburwayi bwo mu mutwe muri 2022 agahita atoroka, aho yari yagarutse azi ko byibagiranye.

Uyu musore yatawe muri yombi ku wa Kane w’iki cyumweru tariki 09 Werurwe 2023 ubwo yagarukaga mu gace k’iwabo mu Mudugudu wa Rushikiri mu Kagari ka Mageragere mu Murenge wa Mushubati.

Uyu musore ubu ufungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Gihango, icyaha akekwaho cyakozwe umwaka ushize tariki 28 Gicurasi 2022.

Amakuru avuga ko ubwo yamaraga gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 usanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe, yahise atoroka, akaba yari yagarutse yumva ko byarangiye, mu gihe icyaha cyo gusambanya abana cyamaze kuba mu byaha bidasaza.

Ntihinyuka Janvier uyobora Umurenge wa Mushubati yemeje aya makuru y’ifatwa ry’uyu musore ukekwaho gukora iki cyaha agahita atoroka.

Yavuze ko umuryango w’umwana wasambanyijwe wahise wiyambaza inzego ubwo uyu mwana wabo yari akimara gusambanywa.

Yagize ati “Kuko uwafashwe yari afite ikibazo cyo mu mutwe yahise ajyanwa ku Bitaro bya Murunda yitabwaho banahita batanga ikirego kuri RIB.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu musore ukekwaho gusambanya uriya mwana, yagarutse akeka ko icyaha yakoze kibagiranye ariko ko inzego zahise zibimenya zigahita zimuta muri yombi, ubu zikaba ziri gukora iperereza kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + three =

Previous Post

Amakuru mashya ku mugore wari wafungiwe impamvu itaravugwagaho rumwe agasiga abana bato bonyine

Next Post

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.