Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

radiotv10by radiotv10
11/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Karere ka Rutsiro rwataye muri yombi umusore w’imyaka 18 ukekwaho kuba yarasambanyije umwana w’umukobwa ufite uburwayi bwo mu mutwe muri 2022 agahita atoroka, aho yari yagarutse azi ko byibagiranye.

Uyu musore yatawe muri yombi ku wa Kane w’iki cyumweru tariki 09 Werurwe 2023 ubwo yagarukaga mu gace k’iwabo mu Mudugudu wa Rushikiri mu Kagari ka Mageragere mu Murenge wa Mushubati.

Uyu musore ubu ufungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Gihango, icyaha akekwaho cyakozwe umwaka ushize tariki 28 Gicurasi 2022.

Amakuru avuga ko ubwo yamaraga gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 usanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe, yahise atoroka, akaba yari yagarutse yumva ko byarangiye, mu gihe icyaha cyo gusambanya abana cyamaze kuba mu byaha bidasaza.

Ntihinyuka Janvier uyobora Umurenge wa Mushubati yemeje aya makuru y’ifatwa ry’uyu musore ukekwaho gukora iki cyaha agahita atoroka.

Yavuze ko umuryango w’umwana wasambanyijwe wahise wiyambaza inzego ubwo uyu mwana wabo yari akimara gusambanywa.

Yagize ati “Kuko uwafashwe yari afite ikibazo cyo mu mutwe yahise ajyanwa ku Bitaro bya Murunda yitabwaho banahita batanga ikirego kuri RIB.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu musore ukekwaho gusambanya uriya mwana, yagarutse akeka ko icyaha yakoze kibagiranye ariko ko inzego zahise zibimenya zigahita zimuta muri yombi, ubu zikaba ziri gukora iperereza kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Amakuru mashya ku mugore wari wafungiwe impamvu itaravugwagaho rumwe agasiga abana bato bonyine

Next Post

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.