Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

radiotv10by radiotv10
11/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Karere ka Rutsiro rwataye muri yombi umusore w’imyaka 18 ukekwaho kuba yarasambanyije umwana w’umukobwa ufite uburwayi bwo mu mutwe muri 2022 agahita atoroka, aho yari yagarutse azi ko byibagiranye.

Uyu musore yatawe muri yombi ku wa Kane w’iki cyumweru tariki 09 Werurwe 2023 ubwo yagarukaga mu gace k’iwabo mu Mudugudu wa Rushikiri mu Kagari ka Mageragere mu Murenge wa Mushubati.

Uyu musore ubu ufungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Gihango, icyaha akekwaho cyakozwe umwaka ushize tariki 28 Gicurasi 2022.

Amakuru avuga ko ubwo yamaraga gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 usanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe, yahise atoroka, akaba yari yagarutse yumva ko byarangiye, mu gihe icyaha cyo gusambanya abana cyamaze kuba mu byaha bidasaza.

Ntihinyuka Janvier uyobora Umurenge wa Mushubati yemeje aya makuru y’ifatwa ry’uyu musore ukekwaho gukora iki cyaha agahita atoroka.

Yavuze ko umuryango w’umwana wasambanyijwe wahise wiyambaza inzego ubwo uyu mwana wabo yari akimara gusambanywa.

Yagize ati “Kuko uwafashwe yari afite ikibazo cyo mu mutwe yahise ajyanwa ku Bitaro bya Murunda yitabwaho banahita batanga ikirego kuri RIB.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu musore ukekwaho gusambanya uriya mwana, yagarutse akeka ko icyaha yakoze kibagiranye ariko ko inzego zahise zibimenya zigahita zimuta muri yombi, ubu zikaba ziri gukora iperereza kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 18 =

Previous Post

Amakuru mashya ku mugore wari wafungiwe impamvu itaravugwagaho rumwe agasiga abana bato bonyine

Next Post

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.