Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw

radiotv10by radiotv10
02/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanyomoje amakuru yatanzwe n’uwasabye Perezida wa Repubulika kurenganura abantu 150 avuga ko bakorewe akarengane, rukavuga ko uwayatangaje ashobora kuba ari umwe mu batorotse ubutabera ku byaha by’ubujura bw’arenga miliyoni 10,2 USD (arenga miliyari 14Frw) yibwe banki ya I&M Bank Rwanda.

Ni nyuma yuko uwiyita Imanirakomeye cyangwa Wabimenya ute? Ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditse ubutumwa burebure kuri uru rubuga, avuga ko asaba Perezida wa Repubulika kurenganura abantu barenga 150.

Muri ubu butumwa, uyu avuga ko abo bantu barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakorewe akarengane ngo “kakozwe na bamwe mu bantu bari mu nzego nkuru z’ubuyobozi n’iz’umutekano by’Igihugu cyacu. Abo bayobozi bishingikirije ububasha bahawe n’igitinyiro bakura ku nshingano z’ubuyobozi bafite, bahonyoye uburenganzira bwa rubanda nyamwinshi bagamije inyungu zabo bwite no kwigwizaho imitungo ya rubanda.”

Muri ubu butumwa, uyu muntu akomeza avuga imiterere y’iki kibazo, akavuga ko Banki ya I&M Bank Rwanda yatangije serivisi y’ikarita ya mastercard Prepaid Multicurrency, aho abantu bayikoresheje kuvunjisha Amafaranga y’amanyarwanda mu madevize atandukanye kuko igicirio cy’ivunjisha cyari hasi hakoreshejwe iyi karita.

Ati “Abakoresheje iyi karita twarungutse na banki irabiduhembera. Iyi nyungu yateje ikibazo ubwo RIB yabimenyaga. Twese abungutse twashyizwe kuri stop list, bamwe barafungwa abandi bahunga Igihugu, tugerekwaho ibyaha bikomeye tutakoze, byose bikorwa mu nyungu z’aba bayobozi babi, badusahura twese, bafunga benshi mu buryo bunyuranyije n’amategeko (Nka mama wanjye yafunzwe abwirwa ko agomba kuba mu mwanya wanjye kuko bambuze, afungwa amezi 2 nta butabera ahawe).”

Uyu akomeza asaba Perezida wa Repubulika, ati “twizeye ko mu bushishozi butagereranywa musanganywe, namwe muzabyisuzumira mukabyibonera kandi mukabona n’urutonde rw’aba bayobozi babi bose twe tutabashije kuvuga amazina bari inyuma y’aka karengane. Muzibonera n’andi mabi menshi bagiye bakora nyamara mwe bakabaha raporo ififitse ku byabaye mu rwego rwo kwirengera dore ko babigize akamenyero.”

 

RIB yabinyomoje

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwanyomoje aya makuru yatanzwe n’uyu wiyita Imanirakomeye, ruvuga ko binyuranye n’ukuri, ahubwo ko habayeho ubujura bwakorewe Banki ya I&M Bank Rwanda.

Uru rwego rugira ruti “RIB yakiriye ikirego cya I&M Bank Rwanda ku bujura bwakoreshwaga amakarita ya Mastercard bushingiye ku cyuho cyari cyagaragaye mu ivunjisha ry’amadovize.

Iperereza ryagaragaje ko abantu bagiye babeshya abandi bakabaka indangamuntu zabo bababwira ko bagiye kubashakira akazi barangiza bakazikoresha mu gushaka mastercards nyinshi, bakazikoresha kwiba banki baciye muri icyo cyuho cyari cyagaragaye. Bibye banki amadolari agera kuri 10,256,000 USD.”

RIB ivuga ko abantu 148 bakekwaho iki cyaha bakurikiranywe, hagaruzwa 2 274 336 310 Frw n’indi mitungo irimo amazu n’amasambu byari byaguzwe mu mafaranga aturutse muri ubwo bujura.

Nanone kandi Urukiko rw’Isumbuye rwa Nyarugenge rwahamije abantu 94 ibyaha byo kwiba n’iyezandonke, bahabwa ibihano bitandukanye.

RIB ikavuga ko iperereza rikomeje kugira ngo n’abandi bagize uruhare muri ubu bujura hakoreshejwe mastercard bahanwe.

Igasoza igira iti “Turakeka ko n’uwanditse asaba kurenganurwa atagaragaza amazina ye nyayo ari mu bashakishwa batorotse ubutabera.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Damascene says:
    4 months ago

    Ntababeshye urwego rw,imari ruracyarimo ibibazo pe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Inyama z’Ubunani zirakekwa nk’intandaro yatumye Umupolisi muri Congo yica Abashinwa babiri

Next Post

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Related Posts

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
1

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko...

IZIHERUKA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we
MU RWANDA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.