Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwemeje ihagarikrwa ry’Umutoza Mukuru w’iyi Kipe, Robertinho ndetse n’Umutoza w’Abanyezamu, gusa butangaza impamvu zabiteye zirimo iz’uburwayi n’imyitwarire idahwitse.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryacyeye kuri iki Cyumweru tariki 13 Mata 2025 havuzwe amakuru y’ihagarikwa ry’aba Batoza, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho usanzwe ari Umutoza Mukuru, na Mazimpaka André usanzwe ari Umutoza w’Abanyezamu, aho byavugwaga ko bahagaritswe kubera umusaruro mubi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mata 2025, Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashyize hanze itangazo, bwemeza ihagarikwa ry’aba batoza, icyakora buvuga impamvu zitandukanye n’izari zabanje kuvugwa n’itangazamakuru.

Amakuru yavugwaga na bamwe mu banyamakuru baba hafi iyi kipe ya Rayon Sports, yavugaga ko aba batoza bazize umusaruro nkene ukomeje kugaragaraga muri iyi kipe, aho mu mikino icumi iheruka gukina, yatsinzemo itatu gusa.

Itangazo ry’Ubuyobozi bwa Rayon Sports, rivuga ko “Umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ yahagaritswe by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi.”

Rigakomeza rigira riti “Umutoza w’abanyezamu André Mazimpaka yagaritswe by’agateganyo kubera impamvu z’imyitwarire mibi.”

Ihagarikwa ry’aba batoza ribaye mu gihe habura umunsi umwe ngo iyi Kipe ya Rayon Sports ikine umukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona, uzayihuza na Mukura VS uzabera i Huye kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwavuze ko uyu mukino uzahuza iyi kipe na Mukura, uzatozwa n’Umutoza Wungirije Rwaka Claude uherutse kuzanwa mu ikipe y’abagabo avanywe muri Rayon Sports y’abagore.

Umusaruro mucye uvugwa kuri aba batoza bahagaritswe ugaragazwa no kuba iyi kipe ya Rayon Sports iherutse gutakaza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, nyuma yuko iyi kipe inganyije na Marine FC ibitego 2-2.

Umutoza Robertinho yahagaritswe by’agateganyo ku mpamvu z’uburwayi
Mazimpaka we yahagaritswe ngo kubera impamvu z’imyitwarire idahwitse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Next Post

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.