Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, n’itsinda ayoboye, bitabiriye ibirori by’Igisirikare cya Uganda (UPDF) bizwi nka Tarehe Sita, byayobowe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, wanaboneyeho kuramukanya n’iri tsinda rya RDF.

General Mubarakh Muganga, muri ibi birori; yari kumwe kandi n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga ndetse n’abandi Bofisiye bakuru muri RDF.

Ibi birori by’isabukuru ya 43 ya ‘Tarehe Sita’, byayobowe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda, kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024, mu Karere ka Bugweri.

Nk’uko tubikesha Ikinyamakuru The Nile Post cyandikira muri Uganda, Perezida Yoweri Museveni yaboneyeho kuramukanya n’itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda, ryari riyobowe na Gen Mubarakh Muganga.

Mu mafoto yashyizwe hanze n’iki kinyamakuru, agaragaza Museveni yishimiye guhura n’abayobozi ba RDF, anabashimira byimazeyo kuba baje kwifatanya na UPDF muri ibi birori byo guha icyubahiro abasirikare bose bagize uruhare mu kubohora Uganda.

Ibirori bya ‘Tarehe Sita’, bisanzwe byizihiza tariki 06 Gashyantare, byo kuzirikana igihe Yoweri Kaguta Museveni yatangirijeho urugamba rwo kubohora Uganda mu 1981, ndetse no guha icyubahiro abarusizemo ubuzima bose.

Museveni yishimiye kuba RDF yitabiriye ibi birori
Perezida Museveni yishimiye kuba RDF yitabiriye ibi birori
Umugaba Mukuru wa RDF yaramukanyije n’abasirikare bakuru muri UPDF
Na bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru za Uganda

Gen Mubarakh Muganga n’itsinda yari ayoboye

Photos/Nile Post

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 15 =

Previous Post

Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu

Next Post

APR igana ku gikombe cya shampiyona yatandukanye na myugariro wayo w’umuhanga

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR igana ku gikombe cya shampiyona yatandukanye na myugariro wayo w’umuhanga

APR igana ku gikombe cya shampiyona yatandukanye na myugariro wayo w’umuhanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.