Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, yatawe muri yombi nyuma yo guhohotera umugore we amutema ku zuru, amuhoye kuba yari amubujije kugurisha isambu yabo batabanje kubyumvikanaho.

Uyu mugabo w’imyaka 28 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Bazizane mu Kagari ka Nyonirima, yakoreye iri hohotera umugore we, bivugwa ko yari yanasinze kuko yamutemye avuye mu kabari.

Amakuru ava muri aka gace, avuga ko umugore wahohotewe, yari yabujije umugabo we kugurisha isambu yabo kuko batari byabyumvikanyeho, undi ahita ajya mu kabari gutara umujinya.

Yagarutse mu rugo yasinze, atongana n’umugore we, ari na bwo yamutemaga ku zuru n’umuhoro aramukomeretsa, bagatabarwa n’abaturage bahise bafata umugabo bakamushyikiriza inzego z’umutekano.

Uyu mugabo basanganye umuhoro babanje kumushyikiriza Urwego rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu by’umutekano rwa DASSO, na rwo rumushyikiriza Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, ruhita rumuta muri yombi, ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kinigi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Akagari ka Nyonirima, yemeje amakuru y’uru rugomo rw’umugabo watemye umugore we.

Yagize ati “Bivugwa ko umugabo yari yasinze hanyuma kubera ko hari ubutaka umugabo yashakaga kugurisha atabyumvikanyeho n’umugore we, ni cyo cyaba cyarabaye intandaro y’urwo rugomo, umugabo atema umugore we.”

Uyu muyobozi avuga ko uru rugomo rwabaye hakiri kare ari na byo byatumye abaturage babyumva bagatabara kuko umugore yatabaje, ndetse ko nyuma yo gukomeretswa yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kinigi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

UPDATE: Kazungu yabwiye Urukiko ibyatunguranye aruha icyifuzo cyumvikanamo kwicuza

Next Post

Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse

Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.