Wednesday, June 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

radiotv10by radiotv10
25/06/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wari wakoreye ubukwe mu gace ka Nyambunde muri Kenya, yasize umugeni we aho bari bicaranye, amagura ayabangira ingata ariruka, bisigira urujijo abari batashye ubukwe.

Ubu bukwe bwari bwabereye muri aka gace ka Nyambunde muri Bobasi mu gace ka Kisii ko mu majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Kenya, ntibwarangiye neza, kuko umukwe [umugabo] yabonye imihango irimbanyije, akabuvamo akiruka.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu mugabo wari wambaye isuti nziza ahaguruka aho yari yicaranye n’umugeni we, ubundi atangira gutatanya abari bitabiriye ibirori abasaba inzira, ahita afata inzira afunyamo.

Umusaza wari muri ubu bukwe yagerageje kumukomakoma, ariko amubera ibamba, akomeza kwiruka arigendera, asiga abari batashye ubukwe.

Abari muri ibi birori bahise bagwa mu kantu, batangira kwibaza ibibaye, mu gihe abandi bo bakubitaga ibitwenge kubera aka gashya batamenyereye mu bukwe.

Hahise hatangira kwibazwa igiteye uyu mukwe kwiruka agasiga umugeni we, aho bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bakomeje kubiteraho urwenya banakeka igishobora kuba cyamuteye gukora ibi, bamwe bakanashyiramo urwenya.

Uwitwa Junlge Lion yagize ati “Uyu mugabo wirukanse, yakemuye ibibazo by’ubuzima bwe ku kigero cya 90,5%.”

Uwitwa Douglas Ondieki yagize ati “Birashoboka ko Ex [uwahoze ari umukunzi we] yari aria ho. Akabona ko agiye kurushingana n’uwo adashaka.”

Stephen Mangare na we yagize ati “Kubera iki yabikoze ku munota wa nyuma. Ese yahatiwe gukura ubukwe.”

Ni mu gihe hari abandi bakeka ko ashobora kuba yarabutswe umugore babyaranye ndetse n’umwana we, cyangwa uwahoze ari umugore we, bigatuma yumva akozwe n’ikimwaro agahitamo kuyabangira ingata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + five =

Previous Post

Ubutumwa u Rwanda rwageneye Qatar nyuma y’igitero cya Misile yarashweho na Iran

Next Post

Rwanda’s youth urged to seize investment opportunities at Capital Market Youth Forum 2025

Related Posts

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

UPDATE: Haravugwa ibindi ku gahenge kari katangajwe hagati ya Israel na Iran

UPDATE: Haravugwa ibindi ku gahenge kari katangajwe hagati ya Israel na Iran

by radiotv10
24/06/2025
0

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz arashinja Iran kurenga ku gahenge kari katangajwe, ategeka igisirikare gutegura ibitero simusiga kuri Iran...

Icyateye Umusirikare mu Ngabo za Congo kubyuka arasa urufaya rw’amasasu muri bagenzi be

Icyateye Umusirikare mu Ngabo za Congo kubyuka arasa urufaya rw’amasasu muri bagenzi be

by radiotv10
24/06/2025
0

Umusirikare umwe mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yarashe amasasu menshi muri bagenzi be, yicamo babiri, abandi...

IZIHERUKA

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options
AMAHANGA

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

25/06/2025
Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

25/06/2025
Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

25/06/2025
Urubyiruko rw’u Rwanda rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo gushora imari mu Isoko ry’Imari n’Imigabane

Rwanda’s youth urged to seize investment opportunities at Capital Market Youth Forum 2025

25/06/2025
Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

25/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rw’u Rwanda rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo gushora imari mu Isoko ry’Imari n’Imigabane

Rwanda’s youth urged to seize investment opportunities at Capital Market Youth Forum 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.