Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w’iki Gihugu, n’umuhungu we Noureddin Bongo Valentin, ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha nabi amafaranga ya rubanda, rubakatira igifungo cy’imyaka 20.

Sylvia Bongo Ondimba n’umuhungu we Noureddin Bongo Valentin baburanishijwe n’Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye ku byaha bitandukanye bari bakurikiranweho, birimo ruswa no gukoresha nabi umutungo wa Leta.

Urukiko rwahamije Sylvia Bongo ibyaha birimo gukoresha amafaranga mu buryo bw’amanyanga, kunyereza umutungo wa Leta, no gushishikariza abandi gukoresha inyandiko mpimbano.
Ni mu gihe umuhungu we Noureddin Bongo Valentin nawe yahamijwe ibyaha birimo gukangisha, kwiba imyanya, gutanga inshingano atabifitiye ububasha, gukoresha amafaranga mu buryo bw’amanyanga, ndetse no gucura umugambi ugize icyaha.

Urukiko kandi rwategetse ko aba bombi bacibwa ihazabu ya miliyoni 100 z’amafaranga ya CFA akoreshwa muri iki gihugu, ni ukuvuga angana na €152,000.

Uru rubanza rwari rumaze igihe kinini rukurikiranywe n’abaturage ba Gabon, nyuma y’uko Ali Bongo akuwe ku butegetsi muri Kanama 2023 mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe n’igisirikare.

Minisitiri w’Ubutabera wa Gabon, Paul-Marie Gondjout, yatangaje ko uru rubanza rwerekana ko ubutabera butagomba gutinya imyanya cyangwa amazina y’abantu igihe bakekwaho ibyaha, yongeraho ko “nta muntu uri hejuru y’amategeko.”

Yavuze ko igikenewe ari igihugu gishya cyubakira ku kuri, ubunyangamugayo n’imicungire myiza y’umutungo wa rubanda.

Urukiko rwavuze ko rwasanze amafaranga arenga miliyari 85 z’amafaranga ya CFA yarakoreshejwe nabi mu biro by’umuryango wa Bongo wari ku butegetsi, harimo konti z’amahanga zashyirwagaho ayo mafaranga, imitungo itimukanwa ndetse n’imishinga y’ubucuruzi itarigeze ishyirwa mu bikorwa.

Ali Bongo Ondimba ntiyigeze agezwa imbere y’ubutabera, kuko uburwayi bwe butamwemerera kwitabira ibikorwa bya Leta, ibintu byatumye abazwa cyane abo mu muryango we.

Nyuma y’imyanzuro y’urukiko, abinyujije kuri X (Twitter), Noureddin Bongo yagize ati “Urubanza rwabaye nta kimenyetso na kimwe cyigeze gitangwa. Icyemezo cy’urukiko cyashingiye ku buhamya bw’abatangabuhamya bashyizweho igitutu n’ubutegetsi bwa gisirikare. Kuva narekurwa, nakomeje kugaragaza uburyo ubutabera bwa Gabon bugendera ku mabwiriza y’ubutegetsi bukuru, none uyu munsi ndimo kwishyura igiciro cy’ukuri. Sinigeze nyereza amafaranga na rimwe, kandi nzahora nirwanaho kugira ngo ukuri kumenyekane imbere y’inzego z’ubutabera zigenga.”

Kugeza ubu, Sylvia Bongo na Noureddin Bongo baba hanze y’igihugu, gusa urukiko rwategetse ko batabwa muri yombi mu gihe baba bakandagiye ku butaka bwa Gabon.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Next Post

Why every young woman should learn a practical trade

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why every young woman should learn a practical trade

Why every young woman should learn a practical trade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.