Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi.
Mu butumwa uyu muhanzi yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Kamena 2025, yasangije abantu iyi nkuru y’akababaro yo kuba yapfushije umubyeyi [Mama we].
Mu butumwa yanditse buherekejwe n’amashusho ari kubyinana n’umubyeyi we yakundaga bihebuje, Chris Eazy yagize ati “Sweetheart this wasn’t the time ni ukuri” cyangwa se ati “Nshuti yanjye iki ntabwo cyari cyo gihe cyo kutuvamo ni ukuri.”
Amakuru avuga ko umubyeyi wa Chris Eazzy yitabye Imana azize uburwayi nyuma yuko yari aherutse kujyanwa kwivuza mu Bitaro.
Khamiss SANGO
RADIOTV10