Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba

radiotv10by radiotv10
25/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yverry wafashe rutemikirere yamwerecyeje muri Canada, yagize icyo avuga ku makuru avuga ko agiye guturayo, avuga ko ikimujyanye nikirangira azagaruka, ariko ko aramutse abonyeyo akazi, atabura kugakora.

Rugamba Yves wamenyekanye nka Yverry, yatangaje ibi ubwo yari ageze ku kibuga cy’Indege i Kanombe agiye gufata rutemikirere imwerecyeza muri Canada.

Ni nyuma y’uko hari amakuru atangajwe na bamwe mu banyamakuru bakurikiranira hafi iby’imyidagaduro, bavuze ko uyu muhanzi agiye gutura muri Canada gushakishirizayo imibereho.

Abajijwe niba azagaruka mu Rwanda vuba, Yverry yagize ati “Igihari ni uko ngomba gukora ibinjyanye, byarangira nkagaruka, ariko habonetse akazi, umuntu yagakora, kabonetse hano, n’ubundi umuntu yagaruka akagakora, ahazaba hari akazi ni ho tuzaba tubarizwa.”

Yverry avuga ko kimwe mu bimujyanye muri Canada ari ugufata amashusho y’indirimbo ye azashyira hanze mu gihe cya vuba.

Si rimwe cyangwa kabiri hari umuhanzi cyangwa ikindi cyamamare nyarwanda ugiye mu Gihugu cyo hanze, avuga ko azagaruka vuba ariko akagumayo ashakishirizayo ubuzima.

Yverry yavuze ko afite gahunda y’ukwezi, ati “ariko amatariki ari ku itiki ntabwo ari yo kamara kuri njyewe, kuko nubwo nabona akazi mbere yaho hano mu Rwanda, Gauchi [umujyanama we] ibindi byose aba akibikurikirana ntakibazo rwose, igihe cyose, uwankenera yakomeza akavugana n’ubujyanama, njyewe ndahari.”

Yverry yerecyeje muri Canada asangayo abandi Banyarwanda b’ibyamamare barimo n’abahanzi, nka Safi Madiba, ndetse n’umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene uherutse kujyayo.

Yverry yaherekejwe n’abo mu muryango we barimo umugore we
Umugore we yagaragaje amarangamutima yo kuba umugabo agiye hanze

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Iburengerazuba: Guverineri avuga ko hari igitera isoni ubuyobozi n’abatuye iyi Ntara

Next Post

Igihugu cyo muri Afurika cyateye utwatsi ubusabe bw’u Bwongereza bwo kucyoherereza abimukira

Related Posts

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzikazi Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas, yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’ nyuma y’igihe...

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Kevin Kade yamaze kuva mu bazasusurutsa abantu mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2025, kubera ikindi gikorwa azitabira...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyo muri Afurika cyateye utwatsi ubusabe bw’u Bwongereza bwo kucyoherereza abimukira

Igihugu cyo muri Afurika cyateye utwatsi ubusabe bw’u Bwongereza bwo kucyoherereza abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.